Leta y’u Rwanda yasohoye itangazo rivuga ko kubuza abagenzi bavuye mu Rwanda kujya mu Bwongereza ari umwanzuro “udashingiye kuri siyansi”.
Kuwa kane, leta y’Ubwongereza yongeye u Rwanda, u Burundi na Emira zunze ubumwe z’Abarabu ku rutonde rw’ibihugu ababivuyemo batemerewe kujya muri UK. Leta y’u Rwanda uyu munsi yasohoye itangazo rivuga ko ibikorwa byayo mu kurwanya Covid-19 “bihoraho, bikorwa mu mucyo kandi bishimangirwa n’izindi nzego zigenga”. Muri aka karere, Tanzania na DR Congo nabyo abagenzi bahavuye ntibemerewe kujya mu Bwongereza, kubera “kwirinda ubwoko bushya bwa Covid-19.”
Leta y’u Rwanda yavuze ko icyemezo cy’Ubwongereza “kidashingiye kuri siyansi”, kandi iyo leta itegereje “ibisobanuro ku mpamvu z’icyemezo kidakwiriye cya leta y’Ubwongereza”.

BBC