Quantcast
Channel: Amakuru Archives - Umunyarwanda
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3258

IBINYAMAKURU BYO MU RWANDA BIKOMEJE KWIBASIRA BAMWE MU RUBYIRUKO RWA RNC BIBASHINJA GUKORANA NA IDAMANGE.

$
0
0

Yanditswe na Eric Niyomwungeri

Ku italiki 20 werurwe 2021, nibwo abatavuga rumwe na leta ya Kigali twagaragaye mu migi itandukanye twigaragambya dusaba ko leta yafungura Idamange ndetse n’izindi mfungwa zose za politiki zifunze zizira ibitekerezo byazo.

Nkuko tubisoma mu nkuru twabagejejeho kuri uwo munsi; yerekanye ko mu gihugu cy’ububiligi abantu benshi bari bitabiriye iyo myigaragambyo hari higanjemo urubyiruko kimwe mu byateye ubwoba iyi leta iyobowe na Kagame.

Nyuma y’iki gikorwa rero ibinyamakuru byo mu Rwanda bikaba byahagurutse n’inkuru zuzuye ibinyoma bivuga ko bifite amakuru y’uko urubyiruko rwa RNC rurimo NIYOMWUNGERI Eric, KAMUFOZI Samy ndetse na RUTABAGISHA Emmanuel twahaga amafaranga IDAMANGE maze tukamutegeka ibyo atangaza. Ibi binyoma bidafitiwe gihamya ndetse n’isoko bikaba bije ari nko gutera urubyiruko ubwoba ndetse no kuruharabaka banatesha agaciro ubutumwa bwatanzwe na IDAMANGE.

Ibi binyamakuru aribyo UKWEZI ndetse na RWANDA TRIBUNE bikaba byasohoye inkuru zidafitiwe gihamya, aho ku italiki 01/04/2021 ikinyamakuru UKWEZI cyasohoye inkuru ifite umutwe uvuga ngo “Hari abanyarwanda baba hanze bigambye ko bashutse Idanange bamubwira ibyo atangaza.” http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Hari-Abanyarwanda-baba-hanze-bigambye-ko-bashutse-Idamange-bamubwiriza-ibyo-atangaza

Muri iyi nkuru mugika cya kabili Ukwezi kwatangaje ko uru rubyiruko rwigambye ko rwatumye Idamange ndetse rukamubwira nibyo atangaza. Ibi rero bikaba ari ibinyoma byambaye ubusa kuko ibi binyamakuru biterekana aho ayo makuru y’abigamba yavuye. Ibi rero bikaba bigaragaza ko ari bimwe leta yihaye byo gushaka uko iremera ibyaha abo ikurikiranye ibahimba ibinyoma ikoresheje ibinyamakuru.

Nyuma y’iyi nkuru rero ikinyamakuru nacyo gikorera mu Rwanda kitwa RWANDA TRUBUNE nacyo kikaba cyatangaje inkuru kuri uyu wa 02/04/2021 “Haravugwa ko RNC yategekaga Idamange ibyo agomba gutangaza” iyi nkuru ikaba yatangajwe n’umunyamakuru witwa ILDEFONSE agendeye ku nkuru yatangajwe n’UKWEZI. https://www.rwandatribune.com/haravugwa-ko-rnc-yategekaga-idamange-ibyo-agomba-gutangaza/#comments . iyi nkuru nayo urebye usanga ari propaganda yo gutesha agaciro ubutumwa bwahagurukije IDAMANGE.

Mu by’ukuri izi nkuru zikaba zuzuye ibinyoma kuko nta kintu na kimwe ibi binyamakuru byerekanye bishingiraho ko uru rubyiruko rwaba rwarahaye amabwiriza kubyo Idamange yatangaje, ahubwo nk’uko byumvikana mu mavideo Idamange yashyize kuri YouTube we ubwe yivugira ko gutangaza ibyo yavuze yabikoze ubwe ntawe umuhase, nyuma yo kubona akarengane kari kari gukorerwa abanyarwanda nk’uko benshi mu banyarwanda twabibonaga tukabura imbaraga zo kubitangaza. Ibi rero bikaba aribyo byaduhagurukije nk’urubyiruko rushaka impinduramatwara tukitabira imyigaragambyo twamagana ako karengane kari gukorerwa abatavuga rumwe na leta ya Kigali.

Iyi nkuru rero nkaba nyanditse nk’umwe mubibasiwe n’ibi binyamakuru ngirango mbamenyeshe ko ntagikorwa cyo guhereza Idamange amabwiriza y’ibyo avuga ndetse ko nta n’inkunga yigeze ituvaho cyangwa ngo ive muri RNC igendereye gusaba IDAMANGE kugira ibyo atangaza. Izi nkuru rero nkaba mbona zigambiriye kuduharabika nk’urubyiruko rutavuga rumwe n’ubutegetsi rubarizwa muri RNC ndetse no gutesha agaciro igikorwa cyo gutabariza imfungwa za politiki twari twitabiriye.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3258

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>