Quantcast
Channel: Amakuru Archives - Umunyarwanda
Viewing all 3258 articles
Browse latest View live

Burundi: Uko ibirori by’irahira rya Perezida Evariste Ndayishimiye byagenze.


Mironko Jean Pierre yatawe muri yombi.

$
0
0

Dosiye y’umuyobozi w’Uruganda rwa Mironko Plastique Industry, Mironko Jean Pierre [Umuhungu w’umunyemari Mironko Franҫois-Xavier] yashyikirijwe ubushinjacyaha ku cyaha cyo kwiba umuriro w’amashanyarazi urwo ruganda rukoresha.

Ku wa Gatatu tariki 17 Kamena 2020 nibwo Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ingufu REG cyasuye Mironko Plastique Industry mu igenzura ritunguranye gisanga urwo ruganda rumaze igihe kinini rwiba umuriro rukoresha.

Abakozi ba REG basanze hari insinga rwarayobeje kuburyo umuriro uzinyuramo utanyura muri mubazi ngo ubarwe wishyurwe. Muri rusange ngo inzira ebyiri muri eshatu umuriro winjira muri urwo ruganda unyuramo zari zarayobejwe.

Muri ubwo bugenzuzi, Umuyobozi w’Uruganda rwa Mironko Plastique Industry, Mironko Jean Pierre yabwiye abakozi ba REG ko atari azi ko uruganda rwabo rwiba umuriro bitewe no kuba nta bumenyi buhambaye asanganywe mu bijyanye n’amashanyarazi.

Kuri uyu wa Kabiri 23 Kamena 2020, umuvugizi w’Ubushinjacyaha Faustin Nkusi yabwiye IGIHE ko bakiriye dosiye ye ku itariki 22 Kamena 2020.

Ati “Dosiye ye bayitwoherereje ejo. Harimo ibyaha bakorera mu ruganda rwabo bijyanye no kwiba umuriro nibyo turi gukurikirana. Uwo musore na we arabyemera turacyabikurikirana kugira ngo turebe uburyo turegera urukiko […] ni umuriro mwinshi kuko bimaze igihe.”

Imibare ya REG yo mu 2019, igaragaza ko amashanyarazi atunganywa ku rwego rw’igihugu, agera kuri MW 218. Muri yo agera kuri 19.6% afite agaciro ka miliyari 19 Frw aba igihombo giterwa n’impamvu zitandukanye zirimo n’ayibwa n’ibigo n’abantu ku giti cyabo.

Umunyemari Mironko ati: ukubita umugabo kera ukamumara ubwoba!

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Ku nshuro ya mbere Umunyemali akaba n’umunyenganda MIRONKO François Xavier aratoboye agira icyo avuga ku gikorwa cyo gufunga umuhungu we Mironko Jean Pierre n’ibirego avuga ko bidafite ishingiro byo kumushinja kwiba umuriro.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Ijwi rya Amerika uyu munyemali yasobanuye ko imyaka yose amaze akora , haba mu ruganda rwe rukora ibya plastiki haba no mu izindi zikora ibindi, nta na rimwe yigeze yiba umuriro. Yavuze ko  muri iyi minsi izi nganda zitari gukora, akibaza rero ukuntu bakwiba umuriro mu gihe badafite n’icyo kuwukoresha , batarigeze bawiba bafite icyo bawukoresha.

Mu ijwi ririmo ikiniga, Mironko ntiyiyumvisha ukuntu ikigo REG gishinzwe amashanyarazi mu Rwanda aho kumuha ibisobanuro by’uko ahamwa n’icyaha cyo kwiba umuriro, REG yamusabye kwishyura miliyoni 10 z’amafaranga y’amanyarwanda kugira ngo basabe RIB kurekura umuhungu we, ari na we Muyobozi w’uru ruganda. Avuga ko yihutanye amafaranga mu buryo bwihuse, ariko bakarenga bakanazamura dosiye mu bushinjacyaha.  Mironko avuga ko REG irimo abaterabwoba, kuko banabwiye umuhungu we ko bazamwumvisha, Mironko akibaz auko ibyo bikibaho muri iki gihe, by’umwihariko mu gihugu nk’u Rwanda.

Nubwo kandi bamusabye izi miliyoni icumi zidafite icyo zishingiyeho, nta n’aho zigaragara mu mategeko y’u Rwanda. Ingingo ya 11 y’Itegeko N°52/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga amashanyarazi mu Rwanda ivuga ko umuntu winjira muri mubazi mu buryo butemewe, ukoresha uburyo butemewe mu gufata, gukurura, kuyobya, gutuma hafatwa, havanwa ku muyoboro w’umuriro w’amashanyarazi cyangwa ukoresha umuriro w’amashanyarazi yahawe mu buryo bw’uburiganya cyangwa butemewe n’amategeko aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka (1) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 frw) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 frw) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Mironko François avuga kandi ko babanje kugera mu ruganda  rwe inshuro nyinshi bagenda bagaruka,  barujagajaga nk’urutagira nyirarwo, akabyita agasuzuguro gakomeye. Yanibukije ko atari ubwa mbere umuhungu we agezwe amajanja, ibi byose akabifata nko guterwa ubwoba bigeretse ku gushaka guhindanya izina ry’uruganda rwe, ibyo yita ko batazashobora.

Ikiganiro cyihariye yahaye umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Eric Baguruwubusa mwacyumva hano hasi:

Imihango yo gushyingura Perezida Pierre Nkurunziza

Ministre Claver Gatete yaba agana ku gatebe cyangwa Gereza?

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Mu nama ya Komite Nyobozi yaguye ya FPR Inkotanyi yabereye ku cyicaro cyayo giherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Kamena 2020, Ministre w’ibikorwa-remezo Claver Gatete yahahuriye n’uruva gusenya.

Nk’uko bimenyerewe mu gihugu cy’u Rwanda iyo umuntu umwe wo mu muryango ukomeye uri hafi y’ubutegetsi ahirimye abagize uwo muryango bose ingaruka zibageraho bidatinze bakibasirwa kakahava bashobora kuba babeshyerwa cyangwa hari ibyo bakoraga bakingiwe ikibaba cyangwa bitwaje ingufu bafite mu butegetsi ariko nyuma bikaza guhindurwa amakosa bitewe n’uko baba batakiri kw’ibere.

Muri iyo nama yaberaga i Rusororo ni Ministre Claver Gatete wogeweho uburimiro ku buryo abasesengura ibibera mu Rwanda benshi bemeza ko agana muri Gereza cyangwa ku gatebe. Nabibutsa ko uyu mugabo ari umuvandimwe na Emmanuel Gasana wahoze ategeka Polisi ndetse n’intara y’amajyepfo ubu akaba nta kazi kazwi afite ndetse no muri iyi nama nawe akaba yagarutsweho mu baregwa ibijyanye na ruswa no kunyereza umutungo!

Perezida yibasiye abayobozi arega kwitwaza imyanya bafite bakishora mu bikorwa birimo ruswa, kunyereza umutungo, gukoresha imyanya yabo mu kubona indonke n’ibindi yavuzemo Claver Gatete, Emmanuel Gasana, Jean Marie Vianney Gatabazi, Dr. Diane Gashumba, Robert Nyamvumba, General Patrick Nyamvumba n’abandi.

Kuri Ministre Gatete by’umwihariko yatunzwe agatoki mu gushyira igitutu ku buyobozi bw’umujyi wa Kigali nka Ministre w’ibikorwa-remezo kugira ngo yubakirwe umuhanda wa kaburimbo ugana iwe ku Gishushu!

Nyuma akoresheje telefone gusa yanasabye ko kuri uwo muhanda imbere y’iwe hashyirwaho ibigabanya umuvuduko w’imodoka bizwi nka speed humps cyangwa dos d’âne mu ndimi z’amahanga. Ibi binaba byararakaje Perezida Kagame cyangwa yarabikoresheje ngo yerekana ko yarakaye.

Perezida Kagame yabajije umuyobozi w’umujyi wa KIgali, Pudence Rubangisa n’umwungirije Eng. Evaritse Nsanzimana niba Ministre Gatete ari we utegeka umujyi wa Kigali.

Ministre Gatete yashinjwe kandi guha mu buryo bunyuranyije n’amategeko isoko rya Miliyoni zisaga 260 ikigo cy’ubucuruzi cyo muri Kenya kitwa Out Of The Box cyagombaga gutunganya uburyo bw’ikoranabuhanga bukoreshwa mu gucunga amazu ya Leta bukoreshwa n’ikigo gishinzwe inyubako mu Rwanda (Rwanda Housing Authority (RHA).

Perezida Kagame akaba yarabajije Ministre Gatete imbere y’abandi banyamuryango ba FPR ko azi icyo kigo cyo muri Kenya, ariko Ministre Gatete abanza guhakana hitabazwa umuyobozi wa Polisi Dan Munyuza wemeje ko Ministre Gatete atashoboye kumvisha ikigo gishinzwe inyubako mu Rwanda (Rwanda Housing Authority (RHA) ko kigomba guha icyo kigo cyo muri Kenya iryo soko kuko babonaga ko hari ibigo mu Rwanda byashoboraga gukora ibikenewe mu buryo buhendutse hatitabajwe abanyamahanga. Ibi Ministre Gatete yabiteye utwatsi, nk’uko Dan Munyuza yabivuze ngo mu ibaruwa Ministre Gatete yandikiye Ministre w’imali mu Ukuboza 2019 avuga ko byakozwe kubera inyungu z’igihugu!

Perezida Kagame yahise abaza Ministre Gatete na none niba atazi kiriya kigo cy’ubucuruzi cyo muri Kenya, Ministre Gatete n’ubwoba bwinshi buvanze n’ikimwaro yavuze ko yibutse icyo kigo cy’ubucuruzi anasaba imbabazi!

Perezida Kagame yavuze ko adashaka kumwumva asaba imbabazi kuko amaze kumwihanangiriza kenshi bikarangira asaba imbabazi.

Nabibutsa ko Dan Munyuza umuyobozi wa Polisi dukuriije amakuru dufite afitanye amasinde na Emmanuel Gasana “Rurayi” umuvandimwe wa Ministre Gatete, byavuzwe ko igihe umwe yategekaga Polisi undi amwungirije, Gasana yaba yarashatse kwikiza Munyuza amwohereza mu butumwa bw’amahoro mu mahanga ndetse atanasibaga kumurega ibirego byinshi birimo no kwitwaza umwanya yari afite agashora abapolisikazi mu bikorwa by’ubusambanyi. Kuba rero Dan Munyuza yashimangira ibiregwa Ministre Gatete nta gitangaza cyaba kirimo.

Ministre Gatete uwavuga ko ari mu mazi abira ntabwo yaba ari kure y’ukuri kuko anavugwa mu rubanza ruri mu rukiko  ruvugwamo Christian Rwakunda, umunyamabanga uhoraho muri MINIFRA, Godfrey Kabera, umuyobozi mukuru muri MINECOFIN, na Eric Serubibi, umuyobozi mukuru wa Rwanda Housing Authority (RHA). Bakekwaho kugira uruhare mu gutanga isoko rya Miliyali 10 z’amanyarwanda bidaciye mu ipiganwa. Uru rubanza rukaba runavugwamo uhagarariye u Rwanda mu gihugu cya Zimbabwe, James Musoni wahoze ari umwe mu bikomereza mu bihe yari Ministre mu myaka ishize.

Perezida Kagame yabwiye abanyamuryango ba FPR ko Ministre Gatete afatanije n’uwahoze ari umunyamabanga uhoraho Caleb Rwamuganza bahaye inzu y’umushoramali Miliyali 7,5 arenze mu by’ukuri ayo uwo mucuruzi yari yasabye.

Perezida Kagame yavuze kandi ko Ministre Gatete ari ikibazo kuri we ubwe no ku banyamuryango ba FPR, yanasabye Polisi na RIB gukora iperereza vuba na vuba kuri uyu wa mbere bakamuha imyanzuro akareba ibyo akora bikurikiyeho.

Yashoje agira ati: “Ndananiwe”

N’ubwo bwose guhangara n’abanyereza umutungo wa Leta banigabiza umutungo w’igihugu bitwaje imyanya y’ubuyobozi ari ngombwa, abazi imikorere ya Perezida Kagame bazi neza ko ibyakinwaga hariya ari ikinamico kuko ukurikije uburyo ubutegetsi bumeze mu Rwanda nta kuntu Ministre Gatete yari kwishora muri biriya bikorwa byose birimo akayabo kangana kuriya adakingiwe ikibaba cyangwa adahawe umugisha na Perezida Kagame ndetse n’ingufu zatumaga akora biriya Perezida Kagame azi neza ko ari we yazikomoragaho.

Abasesengura basanga uyu mukino ugamije kwigira indakemwa imbere y’amahanga n’abaterankunga ariko bigakorwa hifashishijwe kwikiza abo ubutegetsi buba burambiwe kubera amashyari no kugambanirana bya hato na hato bihoraho mu bayobozi bo mu Rwanda.

“Ntabwo byananira gushyira icya kabiri cy’abari aha mu buroko”: Kagame

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Mu nama ya Komite Nyobozi yaguye ya FPR Inkotanyi yabereye ku cyicaro cyayo giherereye muri Intare Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Kamena 2020, Perezida Kagame yatangaje ko nta kibazo byamutera gushyira ibya kabiri cy’abari muri iyo nama muri Gereza! N’uburakari bwinshi yongeyeho ati: “Ntabwo mwananira”.

Kagame yavuzu ko ibyo kwangiza umutungo w’igihugu bigomba guhagarara.

Umwe mu bari mu kaga cyane ni Ministre w’ubutabera, Johnson Busingye ushinjwa na Perezida Kagame gukingira ikibaba abo yita abajura bari muri Guverinoma!

Ruswa ikaba ikomeje kuvugwa kuri Ministre Busingye wakunze kuvugwaho gukingira ikibaba abo Leta yikomye baba ari abanyereza umutungo baba ari n’abo leta y’u Rwanda ishaka kwikiza yitwaje ibyaha bitandukanye birimo na Genocide.

Perezida Kagame yashinje Ministre Busingye n’abacamanza kudakora akazi kabo neza ngo abo yita abajura bashobore gufatwa.

Perezida Kagame yabajije Obadiah Biraro umugenzuzi w’imali ya Leta ati: Abo bajura bari hehe? Umwe muri bo niwe ugiye kubakurikirana? Mbwira?

Perezida Kagame yashyize ku karubanda bamwe mu bayobozi ashinja ubujura barimo Ministre w’ibikorwa-Remezo Claver Gatete, mwene nyina Emmanuel Gasana (wahoze ategeka polisi n’intara y’amajyepfo) na Jean Marie Vianney Gatabazi wahoze ayobora intara y’amajyaruguru bivugwa ko bimwe mu byo ashinjwa harimo kujya mu byo kugura imirima y’icyayi akoresheje amanyanga.

Amakuru The Rwandan ifite ikura ahantu hizewe ni uko Ministre Busingye azwi mu bikorwa byo kurya ruswa mu rwego rwo hejuru ku buryo abayobozi b’abakene bo hasi ari bo bafungwa gusa ariko abayobozi bo hejuru bo ntibakorwego n’abakurikiranwe bakemererwa kuburana bari hanze.

Ministre Busingye avugwaho cyane gusangira ruswa n’abacamanza n’abahesha b’inkiko mu kurangiza imanza zimwe na zimwe zirimo amafaranga menshi.

Imikoranire ya Alain Mukurarinda wahoze ari umushinjacyaha na Ministre Busingye ndetse n’abandi bayobozi mu kurya ruswa no kugurisha imitungo y’abakekwaho Genocide baba mu mahanga nayo yamaze kuba ikimenya bose.

Ministre Busingye nk’umuntu witwa ko akora mu butabera yagombye kuba yarabaye urugero rwiza rw’ubutabera ntagerageze gushaka gutorokesha umwana we ngo atabazwa ibyaha akekwaho muri Amerika.

Amakuru The Rwandan yakuye mu bakurikiranira hafi ibijyanye n’ubukungu mu rwego mpuzamahanga avuga ko muri iyi minsi ubukungu bw’u Rwanda bwifashe nabi igihugu kikaba gikeneye inguzanyo n’inkunga Perezida Kagame twavuga ko ari we wa mbere unyereza umutungo w’igihugu arimo akina ikinamico ari nako anikiza abo ubutegetsi bwe buhaze kugira ngo yereke amahanga n’abaterankunga ko ari umwe mu bayobozi barwanya ruswa muri Afrika.

Mu gusoza twakwibaza niba Ministre Busingye nawe yaba yerekeza ku gatebe, kandi niba ingaruka zizagera kuri bene nabo ba hafi nka Denis Karera (umwe mu bashumba ba Kagame).

Umwe mu babonanye na Kizito bwa nyuma yavuze ubutumwa bwe bwa nyuma.

$
0
0

Delphine Uwituze wo mu muryango KMP (Kizito Mihigo Peace Foundation), Akaba n’umwe mu babonanye bwa nyuma n’umuhanzi Kizito Mihigo yahaye ikiganiro kirambuye umunyamakuru Vénuste Nshimiyimana wa Radio Ijwi ry’Amerika.

Delphine Uwituze arasobanura amagambo ya nyuma yabwiwe na Nyakwigendera Kizito Mihigo Ubwo yamusuraga aho yari afungiye.

Yasobanuye kandi iby’igitabo cya Kizito Mihigo ndetse n’irushanwa ry’indirimbo za Kizito Mihigo ryateguwe n’umuryango KMP.

Ni mu kiganiro kirambuye musanga hano hasi:

.

Amashirakinyoma ku gitero cyagabwe na none mu karere ka Nyaruguru.

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Amakuru agera kuri The Rwandan ava mu karere ka Nyaruguru aravuga ko ingabo za FLN zagabye igitero ku birindiro by’ingabo za RDF mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 26 rishyira ku wa gatandatu tariki ya 27 Kamena 2020.

Amakuru dukura ku bantu batandukanye barimo abaturage, abakora mu nzego z’ubuzima mu ntara y’amajyepfo ndetse n’abasirikare ba FLN avuga ko imirwano yatangiye ahagana saa sita z’ijoro ikarangira ahagana mu ma saa saba.

Itangazo ry’ingabo z’u Rwanda (RDF) ryo rivuga ko ahagana saa sita n’iminota 20 abantu bitwaje imbunda “batamenyekanye” bateye ikigo cya gisirikare kiri mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruruguru mu majyepfo y’igihugu.

Iryo tangazo ryo kuri uyu wa gatandatu risubiramo amagambo y’umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, avuga ko abasirikare b’u Rwanda bahanganye n’abateye, bakabatsinsura “bagasubira i Burundi”

Lt Col Innocent Munyengango yagize ati: 

“Abitwaje imbunda bateye baturutse i Burundi kandi banahunze berekeza muri icyo cyerekezo basize bane mu babo bapfuye n’ibikoresho bya gisirikare bitandukanye birimo intwaro n’ibyombo [by’itumanaho mu gisirikare]”, abandi batatu ngo bakaba bafashwe.

Ibinyamakuru bishyigikiye Leta y’u Rwanda byatangaje amafoto y’imirambo, imbunda, amasasu n’ibindi birimo ibiribwa bivuga ko ari iby’abarwanyi baguye muri icyo gitero.

Ku ruhande rw’u Burundi, Col Biyereke Floribert, umuvugizi w’ingabo z’u Burundi (FDNB), yavuze ko zishaka kumenyesha Abarundi n’amahanga ko “ubutaka bw’u Burundi budashobora kuba indiri y’abitwaje intwaro bahungabanya umutekano w’ibihugu bituranyi”.

Mu itangazo rigufi ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’igisirikare cy’Uburundi Colonel Biyereke Floribert, igisirikare cy’u Burundi kinyomoza amakuru y’uko abagabye igitero ku Rwanda mu murenge wa Ruheru baba baturutse mu birindiro by’ingabo z’uburundi akaba ari naho basubira nyuma yo kuraswaho n’ingabo z’u Rwanda. 

Colonel Biyereke avuga ko ubutaka bw’u Burundi butaba ubwihisho bw’abitwaje imbunda bagamije guhungabanya umutekano w’ibihugu bituranyi.

Uyu muvugizi w’igisirikare cy’u Burundi avuga ko ahubwo ingabo z’u Burundi zibereyeho gusigasira umutekano ku mbibi zose u Burundi buhana n’ibihugu bituranye nabwo.

Mu by’ukuri byagenze bite?

Amakuru The Rwandan yashoboye kubona ikuye ku bantu batandukanye avuga ko koko iki gitero cyabayeho ariko uko byagenze bikaba bitandukanye cyane n’uko byatangajwe n’uruhande rwa Leta y’u Rwanda.

Amakuru yatangajwe n’abaturage avuga ko abateye basunitse abasirikare ba RDF ku buryo bahungiye ahari umudugudu wa Yanze bamaze gutakaza abasirikare benshi kubera ko imirwano yari ikaze cyane.

Abo baturage batashatse kugaragaza umwirondoro wabo babwiye The Rwandan ko abateye bamaze kugenda haje imodoka za RDF zitwara abapfuye n’abakomeretse ndetse haza n’abandi basirikare ba RDF bagerageza gukurikira abari bateye basubiye nyuma y’igitero bagana mu ishyamba rya Nyungwe riri hafi aho.

Abo baturage bakomeje bavuga ko icyabatangaje cyane ari ukubona mu gitondo abapagasi b’i Burundi basanzwe bazi ko baza gupagasa no kwikorera ibirayi muri ako gace berekanwa ngo ni abarwanyi baguye ku rugamba nyamara basanzwe babazi nk’abaturage basanzwe badafite aho bahuriye n’imirimo ya gisirikare.

Umwe mu baturage yemeje aba Burundi bafashwe mu minsi ishize ubwo bafatwaga bazira kuba ngo barinjiye mu Rwanda ku buryo butemewe n’amategeko.

Na TV1 ikorera mu Rwanda yahawe ubuhamya n’abaturage bemeje ko mu mirambo beretswe harimo abaturage b’i Burundi basanzwe bazi.
Na Televiziyo y’igihugu mu Rwanda yemeje ko bamwe mu bishwe basanzwe bazwi n’abaturage!

Ibitangazwa n’aba baturage bikaba bivuguruza n’ibitangazwa na Leta ya Kigali yemeza ko mu bishwe harimo abambaye imyambaro y’igisirikare cy’u Burundi, nyamara n’ababonye amafoto y’iyo mirambo ku mbuga nkoranyambaga biboneye neza ko uretse abambaye imyenda isanzwe n’abarambitsweho imyenda ya gisirikare (itari iy’igisirikare cy’u Burundi) umwe mu mirambo yambaye imyenda isa nk’iya RDF tukaba tuzi ko mu bihe bitandukanye ingabo za FLN zagiye zerekana ibikoresho zambuye iza RDF birimo n’impuzankano za gisirikare. Mu mirambo yerekanywe hakaba nta n’umwe wari wambaye impuzankano z’ingabo z’u Burundi.

Umwe mu mirambo yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’abashyigikiye Leta y’u Rwanda ugararagara wambaye impuzankano zisa n’iza RDF kugeza no ku ngofero irambitse iruhande!

Ku ruhande rwa Leta y’u Rwanda, umwe mu bakora mu nzego z’ubuvuzi mu ntara y’amajyepfo utashatse ko amazina ye atangazwa kubera umutekano we, yabwiye The Rwandan ko yiboneye inkomere nyinshi n’imirambo by’abasirikare ba RDF ariko atashoboye kumenya umubare wabo neza.

The Rwandan yashatse kumenya icyo abo muri FLN ishyirwa mu majwi muri iki gitero bavuga ariko nta muyobozi wayo wo hejuru yashoboye kuvugana nawe. Twashoboye kuvugana ariko n’umwe mu basirikare ba FLN watwemereye ko ari bo koko bagabye kiriya gitero bakirimo kwegeranya amakuru y’uko urugamba rwagenze, akemeza ko batakaje abasirikare batarenze 2 muri kiriya gitero agashimangira ko bashegeshe uwo yise umwanzi ko mu minsi iri imbere bazashyira hanze ibimenyetso bibihamya.

Mu gusoza icyo kiganiro kigufi n’uwo musirikare wa FLN twamubajije niba nta basirikare babo bafashwe dore ko mu itangazo ry’umuvugizi wa RDF havugwamo ko hafashwe abarwanyi 3. Yadusubije ko nta basirikare babo azi bafashwe atwibutsa ariko ko hari abahoze muri FLN bafitwe na Leta y’u Rwanda mu magereza yayo ko gushaka abo bahatira kwemeza ko bari muri kiriya gitero bitaba igitangaza.

Abakora isesengura mu bibera mu karere k’ibiyaga bahamya ko kuba Leta y’u Rwanda itavuga ko yatewe na FLN kandi ibizi neka kandi izi ko ifite ibirindiro muri Nyungwe ari uburyo bwo gushaka gushyira igitutu kuri Leta nshya y’u Burundi bayitirira igitero itagizemo uruhare.

Umwe muri bo twavuganye yabajije umunyamakuru wa The Rwandan ati: “Leta y’u Burundi ntifite abasirikare bahagije ku buryo ijya gutera u Rwanda ikoherezayo abaturage basanzwe b’abapagasi?” Yakomeje agira ati:“ahubwo abayobozi b’u Rwanda bashatse bacisha make kuko uko bigaragara mu bamaze gushyirwa muri Leta nshya, u Burundi ntibwiteguye gupfukamira uwo ari we wese.”

Ku bijyanye n’ibiribwa byo mu mikebe byanditseho ko ari iby’igisirikare cy’u Burundi, uwo musesenguzi yadutangarije ko ibiryo nka biriya bitagoye kubibona mu baturage hafi y’ibigo cyangwa ibirindiro bya gisirikare dore ko bizwi ko bamwe mu basirikare babiha abo mu miryango yabo n’inshuti zabo cyangwa bakabigurisha ku buryo ibi bitafatwa nk’ikimenyetso simusiga cy’uko igisirikare cy’u Burundi cyagize uruhare muri iki gitero.


Indi nzira y’ubusamo yo gutsemba imfungwa mu Rwanda: Coronavirus

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Mu minsi ishize mu Rwanda hakozwe itekinika ryo kugabanya abagororwa n’imfungwa hifashishijwe indwara y’iseru, hicwa benshi bayitirirwa, none ubu haravugwa icyorezo cya Covid-19 nk’intwaro nshya yo kubatsemba.

Mu buryo butigeze busobanuka na gato, inda y’iseru isanzwe ahanini ifata abana, yateye uri Gererza zo mu Rwanda ikava muri Gereza ya Nyarugenge igasimbukira mu ya Karubanda mu Majyepfo, bugacya yageze i Nsinda mu Burasirazuba bw’igihugu, ikaba itarabukiye i Nyakiliba muri Gereza ya Rubavu, mu kanya nk’ako guhumbya ikaba ibarizwa muri Gereza ya Muhanga mu Majyepfo, n’ahandi tutarondoye.

Iyi ndwara y’iseru  yamaze imyaka ibiri (2018 na 2019) mu ma gereza acumbikiye imfungwa nyinshi mu Rwanda, benshi barakindagurwa byitirirwa ko bishwe n’iseru, ubundi hashyirwaho urukingo rwayo mu magereza yose yo mu Rwanda (ku mpamvu yiswe izo kurinda abasigaye), nyamara bikaba byarahaye urwaho Leta gutera urw’ingusho bamwe na bamwe ngo ruzabice gahoro gahoro, kabone n’iyo bafungurwa ntibazarame.

Mu mpera za Gashyantare 2019, Leta yatangije gahunda y’agahato yo gukingira abagororwa indwara y’iseru.

Abagororwa bo muri Gereza ya Karubanda i Butare bakimenya iby’uyu mugambi mubisha wari wihishe inyuma y’indwara y’iseru mu magereza, barigaragambije banga kuyikingirwa bakanavuga ko nta seru barwaye, hahita haraswamo batanu, abandi bacisha make.

Aya magereza yagiye ashyirwa mu kato ntasurwe, hagamijwe ko imiryango yabo itamenya ukuri kw’ibiyaberemo cyangwa ngo imenye uko bahatiwe, bagakubitwa, bakanaburabuzwa kubwo kwanga kubeshyerwa ko barwaye iseru. Iyi ndwara y’iseru ntiyigezwe ivugwa ahandi mu Rwanda muri iyo myaka ibiri 2018-2019, uretse mu ma gereza gusa, n’ubwo hatigeze hasobanurwa impamvu ari zo zonyine yibasiye kandi zitanaturanye.

Benshi mu bicwaga ni ababaga bararangije ibihano byabo ariko Leta idashaka ko bafunguwra bagataha, ababaga bamaze igihe bafunzwe batagira dosiye, ababaga barakatiwe ibihano binyuranye mu nkiko, ariko Leta yo ikaba izi neza ko yabakatiye urwo gupfa n’ubwo yitwa ko yakuyeho icyo gihano, bikanakorwa kandi mu rwego rwo kugabanya ubucucike bw’imfungwa mu Rwanda, hadatanzwe za mbabazi Kagame ajya anyuzamo agatanga azinze umunya.

Indwara igezweho ni Coronavirus

Kuva uwaka wa 2020 watangira, nta na hamwe u Rwanda rwigeze rwongera kuvuga ikibazo cy’indwara y’iseru mu bagororwa. Kuri uyu wa 29/06/2020 Abanyarwanda bakubiswe n’inkuba bumvise ko ku munsi umwe habolnetse abarwayi ba Coronavirus 101 n’umubare wose w’abo yafashe ukaba umaze kurenga 1000 mu Rwanda. 

Ministeri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko abarwayi benshi  ari 78 basanzwe muri Gereza ya Ngoma. 

Nubwo hataramenyekana niba Leta y’u Rwanda yongeye gusubukura gahunda yo kurimarima imfungwa hitwaje indwara iyo ari yo yose, ntawabura kubona ko yaba ari inzira nshya babinyujijemo, noneho mu buryo batazigera banabazwaho n’amahanga, nko guhonyora uburenganzira bwa muntu, hafatiwe ku kuba Coronavirus ari icyorezo ku Isi yose.

Uyu mubare munini w’abanduye ingunga imwe, kandi  mu buryo butunguranye, wateye benshi kwibaza ibibazo binyuranye bigaragaza impungenge no kudashira amakenga ikibyihishe inyuma.

  • Abagororwa 78 bagiye kwandura Coronavirus Leta itarabimenya, ireba he?
  • Abaganga basanzwe mu bitaro kuki babonye ibimenyetso bidasanzwe ku bantu barenze mirongo akabiceceka?
  • Ese hagiye handura umuntu umwe yanduza benshi, cyangwa banduye ari igihiriri?
  • Ese niba harwaye 78 batangajwe uyu munsi, abataratangazwa bo bangana iki?
  • Mbere yo gutangaza abarwaye 78 mu bagororwa bo muri Gereza imwe, abapfuye bazize Covid19 bo bngana iki?
  • Ese abo izajya guhitana bizajya bitangazwa ko ari yo bazize, cyangwa bizahishwa?
  • Ese abazajya batangazwa ko ari abagororwa bishwe na Covid19, ni iki kizaba gihamya ko ari yo mu by’ukuri bazize aho kuba urw’ingusho?
  • Ko Covid19 itari indwara yirema ahantu ahubwo ihererekanywa, abayanduye bwa mbere bayikuye kuri nde?
  • Ese Coronavirus nayo izimuka iva muri gereza ijya mu yindi nk’uko byagenze ku ndwara y’iseru yimukaga mu buryo bw’amayobera?

Rwanda: RIB irimo guhata ibibazo Ministre Gatete Claver

$
0
0
Claver Gatete ari gukorwaho iperereza ku byaha byo kunyereza umutungo wa leta
 Claver Gatete ari gukorwaho iperereza ku byaha byo kunyereza umutungo wa leta

Minisitiri w’ibikorwaremezo w’u Rwanda Amb. Claver Gatete ari gukorwaho iperereza nk’umwe mu bategetsi bacyekwaho kunyereza umutungo wa leta nk’uko urwego rukora iperereza ku byaha rubivuga.

Ruswa, kunyereza umutungo wa leta, gukoresha nabi ubutegetsi, ni bimwe mu byo Perezida Paul Kagame yabwiye abakuriye ishyaka FPR-Inkotanyi ku nzego z’igihugu mu nama kuwa gatanu, aho yanagarutse kuri minisitiri Claver Gatete.

Mu Rwanda, hari urubanza ruregwamo umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), Caleb Rwamuganza, uwahoze ari umunyamabanga uhoraho muri ministeri y’ibikorwaremezo Christian Rwakunda ndetse na Eric Serubibi wayoboraga Ikigo Rwanda Housing Authority.

Aba baregwa kunyereza amafaranga arenga miliyari ebyiri bafatanyije n’umunyemari Aloys Rusizana wagurishije inzu na leta, inzu baregwa ko yari ifite agaciro ka miliyari 7.6 ariko nyirayo akishyurwa miliyari 9.8 mu buryo bugamije kunyereza imari ya leta.

Mu rukiko, bariya bakozi ba leta bahakanye ibyo baregwa, bavuga ko ibyo bakoze babikoraga ku mabwiriza y’abari babakuriye, minisitiri Claver Gatete (icyo gihe yari minisitiri w’imari) na James Musoni (yari minisitiri w’ibikorwaremezo, ubu ni ambasaderi muri Zimbabwe).

Aba bakozi ba leta basabye ko aba bategetsi bahoze babakuriye bahamagazwa muri uru rubanza.

Bwana Rusizana we yavuze ko adakwiye kuba aregwa mu gihe afite uburenganzira bwo kugurisha inzu ye. Abaregwa bose ubu baraburana bafunze.

Kagame ‘yagarutse cyane kuri Gatete’

Ikinyamakuru Taarifa kivuga ko Bwana Paul Kagame wari uyoboye inama yabaye kuwa gatanu yagarutse kuri Bwana Gatete ku byaha byo gukoresha nabi ububasha no kunyereza imari ya leta.

Inkuru ebyiri z’iki kinyamakuru, BBC ifitiye kopi, zivuga ibyavugiwe muri iyo nama, zahise zivanwa ku rubuga rwa Internet hashize umwanya muto zitangajwe.

Ikinyamakuru Taarifa kivuga ko Bwana Kagame, arakaye cyane, yanenze Bwana Gatete n’abandi bategetsi barimo CGP Emmanuel Gasana uherutse kuvanwa ku mwanya wa guverineri w’intara y’amajyepfo, JMV Gatabazi wavanywe ku mwanya nkuwo mu ntara y’amajyaruguru, Dr. Diane Gashumba wari minisitiri w’ubuzima na General Patrick Nyamvumba.

Icyo kinyamakuru kivuga ko cyari muri iyi nama, kivuga ko Kagame yanenze minisitiri w’ubutabera ko ubucamanza budakora ibikwiye mu gukurikirana bamwe mu bategetsi bavugwa mu byaha byo kunyereza umutungo wa leta.

Bwana Kagame mu nama y'abakuriye FPR ku rwego rw'igihugu yabaye kuwa gatanu
Bwana Kagame mu nama y’abakuriye FPR ku rwego rw’igihugu yabaye kuwa gatanu

Ikinyamakuru Taarifa kivuga ko Bwana Kagame yabajije Bwana Gatete niba azi kompanyi yo muri Kenya yahawe isoko rya miliyoni zirenga 200 mu buryo bunyuranyije n’amategeko, agasubiza ko atayizi.

Kivuga ko Kagame yahamagaye komiseri mukuru wa Polisi Dan Munyuza ngo avuge ibirambuye ku isoko ryahawe iyo kompanyi bisabwe mu ibaruwa na Bwana Gatete, maze akavuga ko “noneho ayibutse”, akanasaba imbabazi. 

Iki kinyamakuru kivuga ko muri iyi nama Kagame yategetse urwego rukurikirana ibyaha mu Rwanda, RIB, gutangira iperereza kuri Bwana Gatete kuva uyu munsi kuwa mbere. 

Uyu munsi kuwa mbere, BBC yabajije RIB niba iri gukora iperereza kuri minisitiri Claver Gatete.

Umuvugizi wayo Dominique Bahorera yagize ati: “Hari abayobozi b’igihugu bacyekwaho gusesagura ibya rubanda no kunyereza imitungo, uwo mu minisitiri uvuze [Gatete Claver] nawe ari muri abo bari gukorwaho iperereza”.

Bwana Bahorera avuga ko Claver Gatete adafunzwe, ko akorwaho iperereza ari mu mirimo ye.

Ikinyamakuru Taarifa mu nkuru zacyo gisubiramo amagambo ya Bwana Kagame avuga ngo “Nta kibazo mfite kuba kimwe cya kabiri cy’abari hano bajya muri gereza”, cyongeraho ko yavuze ngo “Ntabwo mwananira”.

Inkuru ya BBC

Gen Jeva Antoine aremeza ko ari FLN yateye KUWIMBOGO muri Ruheru.

$
0
0

 Yanditswe na Niyibikora Dieu Merci.

Mu gihe hari urujijo ku gitero cyagabwe ahitwa KUWIMBOGO mu Murenge wa RUHERU mu Karere ka NYARUGURU, twagize amahirwe tubasha kuvugana n’umuyobozi ushinzwe imirwano muri FLN, Gen Jeva Antoine nyuma y’aho uwo mutwe usohoreye itangazo ryemeza ko ari wo wagabye icyo gitero.

Twamubajije impamvu bakoze itangazo ubu ku gitero ingabo za FLN zagabye Kuwimbogo.

Yasubije ko ubundi bajyaga babitangaza kuko RDF yabaga yabicecetse, yavuze ko atari ngombwa ko FLN igira icyo itangaza kandi RDF yari yemeye ko yatewe. Yagize ati: “Itangazo turikoze kuko RDF itavuze ukuli ku bayiteye. Naho ubundi iyo ivuga ko yatewe na FLN nta mpamvu yari gutuma dukora itangazo. Yavuze kandi ko aribwo bwa mbere RDF yakwemera ko yatewe.

Twamubajije icyemeza koko niba ari FLN yagabye icyo gitero. Yasubije agira ati: “muri kariya karere sibwo bwa mbere FLN iharwanira n’ingabo za RDF kandi twagiye twerekana iminyago twagiye dkura kuri RDF n’ubundi amafoto arerekana iminyago twakuye Kuwimbogo. Mbere abantu iyo twabibabwiraga ntibabyemeraga kuko bakekaga ko ari amahimbano cyangwa twayakuye ahandi byadusabye gukora za vidéos kugirango abantu bemere ko koko ari FLN. Ntekereza ko rero twebwe tuvuga Ibyo tuba twakoze.”

Twamubajije niba koko ari ukuri niba FLN yaratakaje abasilikali 4 muri kiriya gitero hagafatwa n’abandi 3 nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa RDF, tunamubaza n’uko byagenze ku ruhande rwa RDF?

Yavuze ko koko iyo abantu barwana hatabura kuba ibibazo, ariko ko FLN muri kiriya gitero yahatakarije abasilikari babiri, avuga ko nta musilikari wa FLN wahafatiwe. Yongeyeho ko ibyatangajwe n’umuvugizi wa RDF ntaho bihuriye n’ukuri. Ko iyo bafata umusilikari wa FLN bari kumuvuga amazina bakanamwerekana. Ko niba rero hari abo bafite ari ukuvuga ko abo ari inzirakarengane ntaho baba bahuriye na FLN kandi bizagera aho bigaragare ko ari abahohotewe.

Naho ku ruhande rwa RDF yavuze ko yahatakarije cyane kuko yatewe itunguwe itakaje ingabo zigera kuri 48 hatarimo inkomere. Yemeza ko muri abo basilikali ba RDF bahaburiye ubuzima harimo aba capitaines batatu barimo : Capt Ruzindana Emmanuel, Capt Hategekimana Bosco n’abandi batashoboye kumenya amazina.

Mu gusobanura uko byagenze yemeje ko mu gitondo cyo ku wa 27/06/2020 haje amakamyo ya gisirikare n’indi modoka ya Pick up, nizo zajyanye imirambo n’inkomere.

Ngo kandi Kuwimbogo muri icyo gitondo, abaturage bababujije gusohoka kugeza saa saba z’amanywa kugirango batabona ishyano ryari ryaguye. Gusa abaturage ngo ubabajije bakubwira ko bumvise ingabo za FLN ziririmba ngo “Ingabo za Yesu koko”,  zivuza n’amasifure zimaze gufata ibyo birindiro. Ikindi ni uko ngo ingabo za RDF zahunze zijya mu baturage. Ingabo za FLN ngo zashatse gukurikira izo za RDF ; nicyo cyatumye RDF ivuga ngo Ingabo za FLN zashakaga gutera abaturage.

Ku bijyanye no gutera umudugudu w’ikitegererezo wa Yanze, Gen Jeva Antoine akomeza ahakana agira ati: “Ibyo sibyo kuko gutera mu baturage no gutera kuri position igikomeye ni ugutera position. Iyo rero biba gutera abaturage niho ingabo za FLN zari guhitira. Ingabo za FLN aho ziba hose ntabwo zijya zitera abaturage. Ntabwo FLN yari gutera Position ya Bweyeye kuko yari yayobewe aho abaturage bari. Uvuga ko FLN itera abaturage yaba abeshye, kuko FLN irwanira abaturage rero ntishobora kubatera.”

Akomeza agira ati: “Byumvikane ko twari twasakiranye nta mikino. Ahubwo RDF yitege ibindi bitero bizaza birusha kiriya gukara. Icyo nababwira ni uko igihe Imana yavuze cyageze RDF nikenyere kuko UWITEKA niwe uturwanirira kandi tuzayitsinda niba batemeye ibiganiro ndababwira ko intambara iraza guhindura isura”.

Ku bijyanye n’uko FLN yaba itera iturutse i Burundi, uyu muyobozi ushinzwe imirwano muri FLN yansubije agira ati: “kuva kera twasobanuye ko tuba mu Rwanda, haba za Nyamagabe n’ahandi kuko niba hari abatabyemera ibikorwa bya gisilikali bizakomeza gukorwa bizabyemeza. Mu by’ukuri iyo tuba dukorana n’u Burundi ntabwo ku italiki ya 17/02/2019 bwari gufata aba FLN ngo babahe  u Rwanda ; no itariki ya 30/04/2019 ngo bongere batange abantu ba FLN ngo babahe u Rwanda. Ibyo  byerekana ko FLN ntaho ihuriye n’igihugu cy’u Burundi. Mbibutse ko abatanzwe le 30/04/2019 bageze ku butaka bw’u Burundi  bayobye ubwo bambukira mu Kivu bagomba gukomeza iya Nyungwe. Ikindi  cyatumye bakeka u Burundi, igitero cyari gikomeye cyane ku buryo batiyumvisha ko FLN yagira ubwo bushobozi, ariko bibagiwe ko FLN yari yavuze ko igiye kwerekana ko igihari kandi ko igihagaze neza, yagombaga kubyerekana koko ikora igitero gikaze nka kiriya. Kandi RDF yarabyitangarije ko muri icyo gitero hakoreshejwe intwaro zikomeye. (Nimureba neza ku mafoto usibye intwaro nini twambuye RDF murabonaho ko hari n’imbunda yacitsemo IBICE, ibice bimwe RDF ikabisigarana (Ku mafoto RDF yerekanye), Ikindi gice kigatwarwa na FLN ikakijyana kigaragara ku mafoto yacu ).

igice cy’imbunda FLN yajyanye
ibice by’iyo mbunda byasigaye RDF ikabyereka itangazamakuru

Twamubajije ku byo RDF ivuga ko yabonye imyambaro n’ibiryo biriho amazina y’u Burundi tumubaza icyo abivugaho.

Yahakanye ko FLN itajya yambara imyenda y’ingabo z’u Burundi, ivuga ko yambara imyenda ya RDF cyangwa imyenda isanzwe, ko kandi byakunze kugaragazwa ku mafoto.

Gen Jeva yemeza ko abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakorana na RDF agira ati: “Mu birindiro byo Kuwimbogo twarwanye na RDF ariko harimo n’ingabo zo kwa Niyombare kuko dutangira kurwana zaravuze ngo “Babagesera baje” ubundi iryo jambo rikoreshwa n’abarundi. Kandi nta muntu n’umwe utaziko ingabo zo kwa Niyombare ziri mu Rwanda, murumva rero ko mu birindiro birimo ingabo zo kwa Niyombare hatabura imyenda nk’iyo cyane ko bahaguruka i Burundi batabanje kubambura imyenda. Kandi n’ibiryo nabyo ntibabibura kuko birazwi ko ingabo iyo bazihaye ibiryo zikumva zirabihaze, zibiguranamo ibindi cyangwa zikabiha incuti n’abavandimwe ubwo rero bikoroha kuba byagera ku bandi. Ibyo rero ntagitangaza kirimo.”

Yasoje avuga ko urugamba rwo rwatangiye kandi ko rutazasubira inyuma cyangwa ngo ruhagarare keretse ibyo FLN isaba bibonetse cyangwa ikagera ku byo iharanira. Yagize ati: “abanyarwanda bakomeze kudufasha kuko tugomba kurwanira uburenganzira bwacu, abantu bagashyigikira FLN mu buryo bwose cyane mu kugira icyo bigomwa bakakigenera FLN.” Yatangaje kandi ko mu gihe kitarambiranye FLN izaba yashyizeho umuvugizi.

U Bufaransa: Umuryango wa Habyalimana wajuriye ku kibazo cy’indege.

$
0
0

Umuryango w’uwahoze ayobora u Rwanda, Juvénal Habyarimana, uvuga ko ukuri kugomba kumenyekana, nyuma y’icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire rw’ i Paris mu Bufaransa, cyo kwemeza ko iperereza kw’iraswa ry’indege yari imutwaye ritakomeza.

Iraswa ry’iyo ndege yarimwo n’uwari Prezida w’u Burundi, Cyprien Ntaryamirya, hamwe n’abandi banyacubahiro, bivugwa cyane ko ari ryo ryateje jenoside mu Rwanda mu 1994.

Avugana na BBC, umuhungu wa Nyakwigendera Perezida Habyarimana, Jean-Luc Habyarimana, yavuze ko bitumvikana ukuntu indege yaguyemo abakuru b’ibihugu babiri bitamenyekana uwayirashe.

Avuga ko icyemezo urukiko rwafashe ari icyemezo cya politike kigamije gushyika ku mubano mwiza hagati y’abayoboye u Rwanda n’Ubufaransa.

Yavuze ko bahise bajurira mu rukiko rusesa imanza, bakizera ko icyifuzo cyabo cy’uko iperereza rikomeza kizashyigikirwa.

Yongeyeho y’uko ukuri kuzamenyekana igihe icyo ari cyo cyose, ko ikibabaje ari uko bishobora gutwara igihe kirekire.

(Ushobora kwumva hano hasi ikiganiro Jean-Luc Habyarimana yagiranye na Robert Patrick Misigaro wa BBC Gahuzamiryango)

Ijambo rya Perezida Kagame ku ya 04.07.2020

U Rwanda ruravuga ko rwishe umurobyi w’umurundi.

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Nk’uko bitangazwa na Police y’igihugu cy’u Rwanda ku rubuga rwa twitter umurobyi w’umurundi yarashwe n’abashinzwe umutekano baramwica kuri uyu wa gatatu tariki ya 1 Nyakanga 2020 mu mazi y’ikiyaga Cyohoha kiri hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Nk’uko Police y’u Rwanda ibivuga ngo hari tariki ya 1 Nyakanga 2020 ahagana saa tatu z’ijoro ubwo abashinzwe umutekano mu Rwanda bakoraga irondo mu kiyaga Cyohoha icyo gihugu gisangiye n’u Burundi bahagarikaga umuntu batashoboye kumenya umwirondoro wari mu bwato yitwaje umuheto n’imyambi.

Police y’u Rwanda ikomeza ivuga ko abo bashinzwe umutekano b’u Rwanda bashatse guhagarika uwo muntu ariko aranga ahubwo atangira kubarasa imyambi ngo abo bashinzwe umutekano bisanga nta yandi mahitamo bafite uretse kurasa.

Umurambo we ngo wajyanywe mu bitaro bya Nyamata gukorerwa isuzuma, ngo harimo gukorwa ibishoboka byose n’abayobozi b’Akarere ka Bugesera kugira ngo bashobore kuvugana na bagenzi babo bo mu gihugu cy’u Burundi hamenyekane umwirondoro w’uwo muntu banabashyikirize umurambo.

Ariko n’ubwo Police y’u Rwanda itanze aya makuru kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 Nyakanga 2020 ahagana saa sita z’ijoro, abayobozi b’u Burundi bo ku wa gataun tariki 3 Nyakanga 2020 bakoresheje twitter bari batangaje ko barimo gukora iperereza ku mugabo w’umurobyi witwa Ndagijimana Sylvestre bavuga ko yashimuswe n’abasirikare 2 b’u Rwanda yarekurwa mu kiyaga Cyohoha.

Ibi birego bije bikurikira ihungabana ry’umutekano ryabaye mu kiyaga Rweru mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka, aho habaye ukurasana hagati y’abasirikare b’U Burundi n’ab’u Rwanda.

Ku ruhande rw’U Burundi, umusirikare urwanira mu mazi yahasize ubuzima. Icyo gihe, abayobozi mu karere ka Kirundo batanganje ko abasirikare b’u Rwanda barashe uwo musirikare mu gihe yariho agerageza kubatesha gushimuta abarobyi b’Abarundi ku ruhande rwa Komine Busoni.

Twabamenyesha ko uwo musirikare w’umurundi yitabye Imana yahawe ishimwe n’umukuru w’igihugu w’U Burundi mushya Evariste Ndayishimiye ku munsi mukuru wo guhimbaza ubwigenge w’U Burundi. Ni ishimwe yahawe nk’umwe mu Barundi bagaragaje ubutwari bwo kwitangira igihugu.

Kagame yagiranye ikiganiro n’urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga.

$
0
0

Kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Nyakanga 2020, Perezida Kagame yaganiriye n’urubyiruko rwiganjemo urukoresha imbuga nkoranyambaga.


Ntabwo nigeze nshaka kuba Perezida: Kagame

$
0
0

Kuri uyu wa gatanu tariki 10 Nyakanga 2020, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yatangaje ko atigeze agambirira kuba Perezida wa Repubulika.

Ibi umukuru w’igihugu yabitangarije mu kiganiro cyamuhuje n’urubyiruko rugera kuri 20 rusanzwe rukoresha imbugankoranyambaga. Perezida Kagame yari muri Village Urugwiro, urwo rubyiruko ruri mu ngoro y’inteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Assumpta kaboyi na we yagikurikiye uko cyarimo gutambuka aratubwira ibyibanzweho.

Amashirakinyoma ku iyirukanwa n’igarurwa rya Guverineri JMV Gatabazi.

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Ku itariki 25 Gicurasi 2020 hasohotse urupapuro rw’umuhondo rumaze kumenyerwa n’abakurikiranira ibibera mu Rwanda n’abanyarwanda muri rusange kubera ko ari rwo rukunze gukoreshwa mu gusezerera abayobozi bakuru b’igihugu.

Nk’uko bisanzwe uru rupapuro rwashyizweho umukono na Ministre w’intebe, Edouard Ngirente bamwe basigaye bita “NSINYENTE” kubera ko benshi bemeza badashidikanya ko ibyo yitirirwa ko yashyizeho umukono akenshi ari ibintu birenze ubushobozi bwe ndetse n’ibyo byemezo yumva byafashwe atanagishijwe inama cyangwa ngo anamenye mu by’ukuri abahawe isinde icyo bazira.

Abari batahiwe ni ba Guverineri b’intara y’Amajyaruguru (Jean Marie Vianney Gatabazi) n’uw’intara y’Amajyepfo (Emmanuel Gasana “Rurayi”)

Kuri JMV Gatabazi iri yirukanwa ryabaye nk’inzira y’umusaraba n’ubwo iyo nzira yarangiye we atabambwe. Dore ko Perezida Kagame yahagurukiye abihaye kumwigana kwiba kandi ari we ubyemerewe wenyine.

Amakuru The Rwandan yashoboye kubona avuye kuri bamwe mu bakora mu mutwe udasanzwe washyizweho mu rwego rwo guhiga abanyereza umutungo n’abashumba baragizwa imitungo yasahuwe yabwiye The Rwanda uburyo Guverineri Gatabazi yagize amahirwe akava mu mutego yari yatezwe n’abantu bamwe bakomeye mu ishyaka FPR babitewe n’ishyari ry’ubutoni Gatabazi afite ibukuru ndetse tutanasize n’ivangura ry’amoko.

Byatangiye ubwo hari abamenye ko Guverineri Gatabazi yaguze imirima y’icyayi mu Ntara y’Uburengerazuba mu karere ka Nyamasheke, abahozaga ijisho kuri Gatabazi ntabwo babyihanganiye ahubwo bahise bihutira kumurega ibukuru banarenzaho gukabya ubwo bavugaga ko Gatabazi yaguze icyayi hafi ya cyose cyahoze ari icya Rujugiro n’abafatanyabikorwa be. Bashimangiye ibyo birego bemeza ko Gatabazi yanditse iyo mirima y’icyayi ku mufasha we Alice Kampire mu rwego rwo guhisha umutungo.

Nyamara uwaduhaye amakuru mu bakoze iperereza kuri iki kibazo yavuze ko iyo mirima y’icyayi yari ifite agaciro ka Miliyoni zirenze 10, Gatabazi yabanje gutanga igice kingana na Miliyoni 6 gusa kuko ari yo yonyine yari yashoboye kubona. (Aha ariko ntabwo birasobanuka neza niba umufasha wa Gatabazi ataraguze iyi minima y’icyayi ku giti cye cyangwa yarahawe amafaranga na Gatabazi ngo agure iyo mirima anayiyandikeho)

Ibyo bikomerezwa bikorera ahatagaragara ariko bikagira ingufu zidasanzwe mu gutega imitego abantu batandukanye byinjunditse (nk’uko Edouard Bampoliki, umunyamabanga wa Leta muri Ministri y’urubyiruko n’umuco yabitangaje) byateze imishibuka ndetse ifata umwe mu bafashije Gatabazi kugura iyo mirima y’icyayi mu karere ka Nyamasheke maze RIB ihita imutambikana ashinjwa gufatanya na Gatabazi ubujura maze ahatwa ibibazo karahava.

Bidatinze hakurikiyeho iyirukanwa rya Gatabazi ryakurikiwe n’ubwoba bwinshi bwo gufungwa ku buryo abari hafi ya Gatabazi bemeza ko yari amaze guta ibiro hafi 10 kubera iki kibazo, imyenda itakimukwira, amaze kwimura intoboro z’umukandara nk’inshuro 3.

Hari amakuru yemeza ko Gatabazi yahise yimuka ava mu Ruhengeri ajya gutura i Kigali aho atavaga mu nzu atanabonanaga n’umuntu n’umwe uretse bake bo mu muryango we wa hafi n’umwunganira mu mategeko.

The Rwandan yamenye ko Gatabazi yafashe icyemezo cyo gusaba imbabazi Perezida Kagame n’ubwo bwose uretse kwitwa igisambo kigwijeho imitungo ntabwo yari azi icyo azira mu by’ukuri dore ko no mu nama ya Extended National Executive Committee (NEC) yabereye i Rusororo ku wa 26 Kamena 2020 ari mu batunzwe agatoki mu kwigwizaho imitungo na Perezida Kagame.

Bivugwa ko Guverineri Gatabazi yafashe icyemezo cyo gusaba imbabazi ariko anasaba kurenganurwa no gukorwaho iperereza ryimbitse. Ibi Perezida Kagame yarabimwemereye iperereza rirakorwa haba mu Ntara y’amajyaruguru, mu mujyi wa Kigali, Nyamasheke ndetse no kw’ivuko ku Mulindi aho abamushinja bavugaga ko atangiye kwigira nk’UMUHINZA akaba ubu afite 90% by’icyayi cyose cyo ku Mulindi ngo akuramo amamiliyoni menshi akoresheje abashumba

Abakora iperereza basanze barabeshye ahubwo icyo cyayi Gatabazi akuramo intica ntikize ahubwo icyo cyayi agitunze nk’umuntu uvuka ku Mulindi wakuze abona n’ababyeyi be bafite imirima irimo icyo gihingwa.

Imyanzuro y’iperereza yamenyeshejwe Perezida Kagame wahise ufata icyemezo cyo kumusubiza ku mirimo byihuse ku wa 7 Nyakanga 2020 ndetse biranamurakaza ku buryo abatumye afata icyemezo cyo kwirukana Gatabazi ahubutse bashobora kubiryozwa dore ko Gatabazi ari umugaragu mwiza ukorera FPR atizigamye akaba anazi aho umurongo utukura ugarukira.

Ibyabaye kuri Gatabazi byo kwirukanwa nyuma agasubizwa mu mirimo hashize igihe kitagera ku kwezi n’igice ni ibintu twavuga ko bidasanzwe ndetse benshi babyibajijeho bakekeranyaga niba uku guhirwa kwa Gatabazi kwaba kuva:

-ku ishapure ya Rozali yavugaga ubudatuza mu gihe yari yarihebye ategereje gufungwa (Dore ko ari umukuru w’umuryango-remezo w’abakomoka muri Paruwasi ya Rushaki batuye i Kigali)

-Cyangwa ari ubuhanga bw’umupfumu uzwi mu Rwanda cyane witwa Rutangarwamaboko dore ko yabaye nk’uwigamba ku mbuga nkoranyambaga nk’aho inzuzi ze zaba zareze!

Kigali: Limousine ya Ndengeye yongeye kugaragara mu iyarara

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Nyuma y’imyaka itari  mike imodoka ihenze kurusha izindi mu Rwanda iteshejwe agaciro na Leta bakayigira ay’ifundi igira ibivuzo, yongeye kugaragara mu iyarara, aho bategereje ko izabora ikibagirana burundu. Ifoto yayo yakomeje gukwirakwizwa muri iyi minsi ku mbuga nkoranyambaga i Kigali, ari nako ivugwaho amagambo menshi.

Iyi modoka yamenyekanye i Kigali mbere gato y’umwaka wa 2007, irakundwa cyane, dore ko bamwe bayifataga nk’umwe mu mitako ya Kigali, abandi bakayibona nk’igitego u Rwanda rutsinze ibihugu by’ibituranyi.

Iyi modoka nubwo yabaga ihenze cyane kuyikodesha uyitemberamo cyangwa kuyikoreramo ibirori, hari bamwe bayashakishaga, bakayatanga ngo umunsi w’ibirori byabo uzabe urwibutso rw’agatangaza.

Ku bijyanye n’uko iyi modoka ihenze cyane yinjizaga, dufatiye nko ku bukwe, iyi limousine yakodeshwaga amadolari 500 ku gice cy’umunsi nko ku babaga bashaka kuyikoresha mu gusaba no gukwa gusa, cyangwa se mu gusezerana mu rusengero. Uwahitagamo kuyikoresha hombi yasabwaga kwishyura amadolari 1000. Imbere mu modoka hari hameze nko mu ruganiriro (salon), kandi hakabamo ibikoresho bihagije by’ibirori.

Amafoto y’iyi modoka yagiye asohoka mu bitangazamakuru byinshi by’I Kigali bikorera kuri internet, ariko igitangaje ni uko aho agiranye ikibazo na FPR, ibyo bitangazamakuru byarayahanaguye.

Ndengeye yagiranye ikibazo na FPR mu mwaka wa 2007, ikitari kure y’uko bigendekera n’abandi baherwe bose batemeye guharira ibyabo byose FPR ngo ijye ibagenera.

Mu kumwihimuraho bamutwikiye akabari kitwaga B-Club k’i Nyarutarama, kuwa kabiri tariki ya 23/02/2010, ibyarimo birakongoka, n’imodoka zizimya umuriro zihagera ntacyo ziramira. Aho inkongi yatangiriye habashaga gufata byihuse iriya Limousine yari ihaparitse, bigaragaza ko nayo yari igenderewe mu bigomba gutwikwa. Cyakora mu buryo butunguranye batanabigiyeho inama, abaturage bahuruye ku bwinshi, barayiterura bayigiza aho umuriro utabashaga gushyikira. Ibi babitewe no kuba bari babaniwe neza na Barry Ndengeye nyiribikorwa byari byafashwe n’inkongi.

Mu mwaka wa 2008 Ndengeye yahimbiwe icyaha cy’ubusahuzi muri jenoside, agishinjwa na Joséphine Uwamwezi (wamenyekanye cyane ku izina Nyiragasazi), wavugaga ko muri Jenoside Ndengeye yamusahuye ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari eshatu n’igice. Icyari kigamijwe ni ukumwicira izina, kumugira ruharwa no gufatira imitungo ye yose iri mu gihugu.

Barry Ndengeye yakomeje kuburabuza kugeza ubwo ahunze u Rwanda ajya gukomereza ibikorwa hanze yarwo aho yagiriye umugisha, ariko ibyo yasize mu Rwanda bikomeje kwangirika.

Zambia iri kubaza u Rwanda ibyavuzwe kuri perezida wayo mu rukiko

$
0
0

Umunyamabanga wihariye wa Perezida wa Zambia avuga ko ubutegetsi bw’iki gihugu buri kuvugana n’ubw’u Rwanda ku byavuzwe mu rukiko na Nsabimana Callixte ‘Sankara’, uyu yavuze ko inyeshyamba za FLN zafashijwe na Perezida Edgar Lungu muri ibyo bitero.

Ku wa mbere, Bwana Nsabimana wari umuvugizi w’umutwe wa FLN ari kwiregura ku byaha 17 aregwa, yabwiye urukiko ko Bwana Lungu yahaye uwo mutwe $150,000 yo kubafasha mu bitero ku Rwanda.

Mu 2018, FLN yagabye ibitero mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Rwanda byahitanye ubuzima bw’abantu hanangirika ibyabo. Bwana Nsabimana yafashwe umwaka ushize mu birwa bya Comores.

Nyuma y’itangazo ry’ibiro by’umukuru w’igihugu wa Zambia rivuga ko ibi byavugiwe mu rukiko ari “ibinyoma”, Isaac Chipampe, umunyamabanga wihariye wa Perezida Lungu, yabwiye BBC ko nta makuru arambuye bafite ku byavuzwe.

Bwana Chipampe yagize ati: “Kimwe na perezida ubwe, natwe twabisomye mu binyamakuru cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, ko hari umuntu wamuvuze, nta makuru ahagije dufite, ntituzi neza ukuri ku byavugiwe mu rukiko”.

Yongeraho ati: “Icyo minisiteri y’ububanyi n’amahanga iri gukora ni ukuvugana na bagenzi babo i Kigali ngo tumenye mu by’ukuri ibi ibyo ari byo”.

Ku byavuzwe kuri Perezida Lungu na Nsabimana mu rukiko, Bwana Chipampe avuga ko “Perezida Lungu nta na kimwe abiziho, ari nayo mpamvu yabyise ibinyoma”, ko bityo batanazi ibizakurikiraho muri uru rubanza.

Mu kwezi kwa gatanu umwaka ushize wa 2019, ubwo yagezwaga bwa mbere mu rukiko, Nsabimana yavuze ko umutwe wa FLN wahawe ubufasha mu buryo bunyuranye na leta ya Uganda n’iy’u Burundi, ibyo ibi bihugu byahakanye mu bihe byashize.

Bwana Nsabimana azagaruka mu rukiko tariki 10/09, akomeza kwiregura ku byaha 17 aregwa, byinshi muri byo avuga ko yemera.

Bamporiki arasabira Karasira kwirukanwa ku kazi

$
0
0

Asubiza ku butumwa bwari bushyizwe ku rubuga rwa twitter na Tom Ndahiro,

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’urubyiruko, Edouard Bampoliki avuga kuri Aimable Karasira, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda yagize ati: “Utifuza kubyarira urwanda akwiye kuva mubarurerera, kuko imvugo ye iraroga. Ntiwarera utararezwe

Ubu butumwa bwa Edoaurd Bampoliki bwaje bukurikira ubundi yatambukije na none ku rubuga rwa twitter bwashyize benshi mu rujijo aho mu kwishimira ko umukobwa wa Perezida Kagame yibarutse yavuze ko “u Rwanda rugize Imana 2″!

Viewing all 3258 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>