Quantcast
Channel: Amakuru Archives - Umunyarwanda
Viewing all 3258 articles
Browse latest View live

Andi majwi ya Dan Munyuza apanga kwica Higiro, Rudasingwa, Musonera n’abandi yashyizwe hanze

$
0
0

Nk’uko byumvikana muri aya majwi yashyizwe hanze na Radio Ishakwe, ijwi rya RWANDA FREEDOM MOVEMENT, Dan MUNYUZA arabaza uwo yahaye mission yo kuneka no kwica “amakuru y’Ibigarasha”. Atangira asaba amakuru ya RUKARA (Dr Theogene RUDASINGWA): niba aherutse mu Bubiligi, niba iyo avuye Amerika akunze kujya “straight South Africa”, impamvu adaherutse kuvuga, etc. Ubazwa arasubiza ko Ibigarasha bikomeje kwanjwa, ariko ko bishoboka ko RUKARA yazaba ari mu byo guhuza amashyaka [ndlr: tariki ya 14/08/2015]. MUNYUZA n’uwo bavugana bararebera hamwe uburyo “Ibigarasha” Theogene RUDASINGWA (RUKARA), Robert HIGIRO na Jonathan MUSONERA byakwicwa. Ariko umushinga wo kwica HIGIRO ntugomba kurangaza, bagomba “gufokasinga” (kwibanda) kuri RUKARA. Mu buryo bwakoreshwa mu kwica HIGIRO, harimo “ibigabo byo muri za Pologne by’ibirara” biba mu Bubiligi. Mu bindi bintu byihutirwa, harimo “kuvidura” telefoni ya MUSONERA, kugira ngo bamenye contacts ze imbere mu gihugu n’inyuma yacyo. Mu gusoza, Dan MUNYUZA aravuga ko kwica MUSONERA (“kariya kazenguruka cyane”) byihutirwa kurusha HIGIRO.


Dr Muligande yatunze agatoki MINECOFIN kuba inyuma y’akaga Kaminuza y’u Rwanda imazemo iminsi

$
0
0

Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere ryayo, Dr Charles Muligande avuga ko kuba amafaranga Leta yabageneraga yaragabanyijwe ari byo byatumye ihura n’akaga.

Mu buryo bweruye, Dr Muligande yagaragarije Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC) inkomoko y’ibibazo byugarije UR bijyanye no kutabasha guhemba abakozi bayo, kubura amazi n’amashanyarazi bya hato na hato ndetse n’ibindi.

Dr Muligande wigeze no kuba Minisitiri w’Uburezi mu bihe byashize, yabwiye abadepite ko mu gihe yayoboraga iyo minisiteri, ngo Leta yageneraga za kaminuza n’amashuri makuru ya Leta amafaranga atunga umunyeshuri ndetse n’amafaranga y’ishuri.

Buri munyeshuri yagiraga ayo agenewe bitewe n’amasomo yigaga muri kaminuza.

Ku bigaga ibijyanye n’ubumenyi ndetse n’ubuvuzi Leta yabishuyuriga miliyoni imwe n’igice harimo ibihumbi 250 bitunga umunyeshuri ndetse na miliyoni imwe n’ibihumbi 250 y’ishuri.

Ku bigaga ibitari siyansi, Dr Muligande yavuze ko bagenerwaga miliyoni imwe n’ibihumbi 250 harimo ibihumbi 250 atunga umunyeshuri n’ibihumbi 950 y’ishuri.

N’ubwo ngo ayo mafaranga yatangwaga gutyo, Dr Muligande avuga ko iyo bajyaga gusaba ingengo y’imari muri MINECOFIN bahoraga babwirwa ko izo kaminuza zitwara amafaranga menshi.

Aha ngo MINECOFIN ngo yazigereranyaga na Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yitunga kandi ikanahemba abakozi nta kibazo kivutse.

Yagize ati “MINECOFIN ivuga ngo kubera iki tubaha amafaranga menshi kandi ULK yo yaka make kandi igashobora kubaho, tukagerageza kubasobanurira tukababwira tuti ‘Nyinshi muri izi kaminuza mutugereranya na zo nta nimwe yigisha amasomo y’ubuvuzi, nta n’imwe yigisha Civil Engineering,’…Ibyo ni ibintu bihenda cyane.”

Yunzemo ati “Ikindi izo kaminuza inyinshi ntizigira Human Resource Development (uburyo bwo kongerera abakozi ubumenyi). Twebwe nk’ubu ngubu dufite abanyeshuri b’abakozi ba kaminuza bigira impamyabushobozi z’ikirenga, icyiciro cya gatatu cya kaminuza bagera kuri 260 bari hanze. Abo ngabo bose ukomeza kubahemba.”

Isoko y’uruhuri rw’ibibazo

Dr Muligande avuga ko igitutu cya MINECOFIN cyakomeje bigera aho ya mafaranga bageneraga umunyeshuri agabanuka ku buryo buri munyeshuri hatitawe ku byo yiga agenerwa ibihumbi 600 gusa.

Yagize ati “Icyaje kuba rero uko nibaza ni uko iyo pression (igitutu) ya MINECOFIN ivuga ngo kubera iki, ngo muyagabanye, hashobora kuba haraje Minisitiri w’uburezi mu biganiro bagiranye ararangara bamubwira ko bamuha ibihumbi 6000 arabyemera. Ariko UR ntabwo yigeze itegura umurongo wo gushingira kuri ayo mafaranga.”

Yavuze ko n’Umuyobozi wa Kaminuza wungirije ushinzwe amasomo yari ahari muri ibyo biganiro.

Akomeza avuga ko baje guhamagarwa mu masaha y’igicuku bucya bajyana Ingengo y’imari mu nama y’Abaminisitiri baravuga ngo Minisitiri w’Uburezi n’uwa MINECOFIN bemeranyijwe ko bazabaha ibihumbi 600 kuri buri munyeshuri wiga ibijyanye n’ubumenyi n’ubuvuzi ndetse n’uwiga ibindi byose.

Yakomeje agira ati “Bitangira gupfa gutyo, UR iratangira irahagorerwa , mu by’ukuri mu mwaka wa mbere wa 2015-2016, icyatumye ipfa kubaho gatoya ni ko mu mafaranga yari ifite harimo amafaranga angana na miliyari 8, niyo yatumye umwaka urangira”.

Dr Muligande avuga ko byageze aho za miliyari zirashira isigara nta yandi mafaranga ifite bituma uruhuri rw’ibibazo ruyigeraho.

Yagize ati “Ubu ngubu kuko nta yandi mafaranga yacu twari dufite ibibazo byatangiye mu kwezi kwa gatatu, mu kwezi kwa gatatu ntitwashoye guhembwa, abantu bashoboye guhembwa amafaranga y’ukwezi kwa gatatu tariki ya 27 z’ukwezi kwa kane.”

Ibyo ngo byarakomeje bigeza mu kwezi kwa kane aho ngo na ho batabashije guhembwa, aho ngo uko kwezi baguhembewe tariki 24 z’ukwezi kwa gatanu.

Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda kandi ngo ukwezi kwa gatanu ngo baguhembwe tariki 28 z’ukwezi kwa gatandatu.

Ukwezi kwa gatandatu ngo baguhembwe tariki 29 z’ukwa karindwi.

Mu kwezi kwa munani bahembwe amezi abiri

Muligande yavuze ko mu gihe UR yiteguraga umuhango wo kurangiza amasomo kw’abanyeshuri, abakozi bayo bahembwe mu kwa munani amezi abiri.

Dr Muligande yavuze ko mu myaka ibiri ishize kaminuza itigeze yoroherwa na gato, aho ngo n’abanyeshuri batigeze biga uko bikwiye.

Ati”Ibyo reka tubibwire abantu babimenye, mu by’ukuri mu myaka ibiri ishize abanyeshuri bacu ntabwo bize neza. Umuntu wagombaga kujya muri laboratwari nk’inshuro icumi mu isomo rye yagiyemo rimwe cyangwa kabiri.

Yunzemo ati “Abajyaga gukorera hanze y’ishuri (field) ntabagiyeyo, hari n’ubwo abana biteranyirizaga amafaranga ngo bagashyira lisansi mu modoka za kaminuza kugira ngo babashe kujya gukorera hanze y’ishuri.”

Usta Kaitesi wahoze ayobora Kolei ya CASS avuga ko hari itandukaniro mu byo kaminuza yari yitezweho gukora ndetse n’ibyo yahawe kugira ngo ibashe kubigeraho.

Avuga ko kaminuzi idakwiye kubaho itabayeho, aho ngo bikwiye ko ihabwa ubushobozi ikuzuza neza inshingano zayo.

Depite Karenzi Theoneste yavuze ko atiyumvisha uburyo kaminuza yahura n’ibibazo biongana bityo abantu bakayitegaho ireme ry’uburezi.

Yanavuze ko hari n’abarimu bakunze kugaragaza ko batabona amafaranga yabo y’ubutumwa, aho ngo bitumvikana uburyo umukozi yakorana imbaraga ari mu mikorere nk’iyo.

Kugeza ubu UR ifite ibirarane bya miliyoni 300 z’amanyarwanda by’amafaranga y’ubutumwa bw’abakozi bayo.

Umuyobozi wungirije w’agateganyo ushinzwe imari n’ubutegetsi muri UR, yavuze ko bagifite ibibazo mu gihe nta kirakosorwa ngo babashe kubona ingengo y’imari ibafasha gukora neza.

Abadepite bagize PAC basabye ko ibibazo bya kaminuza byashakirwa umuti kugira ngo ibashe gukora ibyo Abanyarwanda bayitegerejeho.

Source: Izuba Rirashe

Undi musirikare wahoze muri FPR yatanze ubuhamya ku ihanurwa ry’indege ya Perezida Habyalimana

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru The Rwandan ikesha ikinyamakuru Jeune afrique cyandikirwa mu gihugu cy’u Bufaransa, aravuga ko hari umuntu wahoze ari umusirikare mu ngabo za FPR (APR) wahaye ubuhamya abacamanza b’abafaransa bakora iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Perezida Yuvenali Habyalimana.

Nk’uko icyo kinyamakuru gikomeza kibivuga ngo uwo muntu ngo ubarizwa mu gihugu cy’u Bwongereza aho yahungiye yemeza ako ari mu bagize uruhare mu itwarwa ry’ibisasu byahanuye indege ya Habyalimana.

Nabibutsa ko aya maperereza yari yahagaritswe ariko yongera kubyutswa kugira ngo humvwe ubuhamya bwa Lt Gen Kayumba Nyamwasa muri Nzeli 2016  wemezaga ko indege yahanuwe na FPR ku itegeko rya Perezida Paul Kagame. Ariko ubwo buhamya Lt Gen Kayumba Nyamwasa ntabwo yari yatanga kugeza n’ubu.

Mu gusoza Jeune Afrique ivuga ko amakuru ikura i Kigali avuga ko abayobozi b’u Rwanda babona ubu buhamya nta kindi bugamije uretse kuba ari amayeri yo kugira ngo amaperereza akomeze hanakomeze hanakwirakwire amakuru y’uko indege yahanuwe na FPR.

Leta y’u Rwanda yaba igiye kurekura umuryango wa Rwigara?

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Amakuru dukesha igitangazamakuru igihe.com kiri hafi y’ubutegetsi mu Rwanda aravuga ko Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwanzuye kuregera Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge idosiye ya Diane Rwigara, murumuna we Anne Rwigara n’Umubyeyi wabo Mukangemanyi Adeline, ku byaha birimo kugambirira guteza imvururu muri rubanda.

Ariko Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, yatangaje ko mu birego baregewe n’Ubugenzacyaha, icyo kunyereza umutungo no kubangamira umutekano w’igihugu byari byatangajwe ubwo bafatwaga bitarimo!

Bwana Faustin Nkusi yakomeje agira ati “Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ariko bose uko ari batatu bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvurururu cyangwa imidugarararo muri rubanda. Mama wabo Mukangemanyi Adeline we yihariye icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri.”

Nkusi yashoje avuga ko kuri uyu wa Kabiri aribwo baregera Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ari narwo rugomba kubaha umunsi abaregwa bazitaba bakaburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Nyuma y’aya makuru hari benshi bakomeje kwibaza niba Leta y’u Rwanda nyuma y’igitutu gikomeye ku mpande nyinshi yaba itagiye kurekura abo mu muryango wa Rwigara.

Hari n’abibaza impamvu icyaha cyo kunyereza imisoro cyakuweho, bakagira bati: “Ese za Miliyalidi bishyuzwaga baje kuzishyura cyangwa byari itekinika?”

Tubitege amaso!

Ambasaderi Eugène Gasana ashobora gutanga ubuhamya mu nteko nshingamategeko ya Amerika

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Amakuru agera kuri The Rwandan ava ahantu hizewe aravuga ko Ambasaderi Eugène Richard Gasana, wahoze ahagarariye u Rwanda mu muryango w’abibumbye i New York, ashobora gutanga ubuhamya mu nteko ishingamategeko ya Amerika mu minsi ya vuba.

Ayo makuru ubwanditsi bwa The Rwandan bugikorera iperereza aravuga ko Ambasaderi Eugène Gasana bikekwa ko ari muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika ashobora gutanga ubuhamya imbere ya Komisiyo ishinzwe ibijyanye n’ububanyi n’amahanga y’inteko nshingamategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, agashami ka komisiyo kareba Afurika, kayobowe na Christopher Smith.

Nabibutsa ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Nzeli 2017 aribwo Dr David Himbara na Major Robert Higiro batanze ubuhamya imbere ya kariya gashami ka Komisiyo ishinzwe ibijyanye n’ububanyi n’amahanga y’inteko nshingamategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aho bashyize ku karubanda imikorere ya Perezida Kagame n’ubutegetsi bwe.

Muri ubu buhamya bwatanzwe n’aba bagabo bombi bibumbiye mu muryango bise “Democracy in Rwanda Now” humvikanyemo uburyo Leta y’u Rwanda ari igitugu kibasira abashatse bose kuvuga ibitandukanye n’ubutegetsi buriho, amajwi 99% ubutegetsi bwatangajwe ko yagizwe na Perezida Kagame nayo yibajijweho tutaretse n’ikibazo cy’isahura ry’imitungo y’igihugu bishinjwa Perezida Kagame n’umuryango we.

Iki cya nyuma cy’imitungo rero nicyo cyane cyane gishobora gutuma Ambasaderi Eugène Gasana ajya gutanga ubuhamya akavuga ibyo azi kuri Perezida Kagame dore ko uretse iby’imitungo hari andi mabanga menshi bivugwa ko azi.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Itahuka ijwi ry’ihuriro Nyarwanda RNC, Major Robert Higiro yumvikanye avuga ku buryo Ambasaderi Eugène Gasana yaburiwe agahita afata iy’ubuhungiro ntasubire i Rwanda. Muri icyo kiganiro nyine Major Robert Higiro yavuze ko hari undi munyarwanda atavuze amazina uzi byinshi ku mabanga y’ubutegetsi bwa Perezida Kagame uzatanga ubuhamya imbere ya Komisiyo ishinzwe ibijyanye n’ububanyi n’amahanga y’inteko nshingamategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ibi bikaba byashimangira aya makuru tugikorera iperereza ryimbitse.

Nabibutsa ko mu minsi ishize hari amakuru yavuzwe mu itangazamakuru avuga ko haba hari abantu Leta y’u Rwanda irimo gukoresha mu gushakisha amakuru y’aho Ambasaderi Eugène Gasana yaba aherereye.

Abo mu muryango wa Rwigara baragezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa Gatanu

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Amakuru dukesha ubushinjacyaha bw’u Rwanda aravuga ko Diane, Adeline na Anne Rwigara bazagezwa imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa gatanu tariki 6 Ukwakira 2017.

Nk’uko bitangazwa n’ubushinjacyaha ku rubuga rwabwo rwa Twitter ngo urukiko ruzasuzuma niba hari impamvu zikomeye zashingirwaho kugira ngo abaregwa bakomeze bafungwe by’agateganyo.

Nabibutsa ko Diane, Adeline na Anne Rwigara bafungiye kuva ku wa gatandatu tariki ya 23 Nzeli 2017 kuri Station ya Polisi ya Remera aho bamwe mubo mu muryango wabo binubiraga ko bafashwe nabi.

Kuri uyu wa kabiri tariki 3 Ukwakira 2017, ubushinjacyaha bwatangaje ko bwafashe icyemezo cyo gushyikiriza dosiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ngo Diane akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ariko bose uko ari batatu bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda nk’uko bivugwa n’ubushinjacyaha naho Adeline we yarezwe icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri!

Icyaha byo kunyereza imisoro n’icyo gushaka kubangamira umutekano w’igihugu byo ubushinjacyaha bwavuze ko bwabyihoreye.

Urubanza rw’abo mu muryango wa Rwigara rwasubitswe

$
0
0

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2017 nibwo Diane, Adeline na Anne Rwigara bagejejwe imbere y’urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ariko urubanza rwahise rusubikwa ko abaregwa ntabwo bari bafite ubunganira mu mategeko. Bavuze ko bifuza kubanza kuvugana n’ubunganira mu mategeko mbere yo gutangira kuburana

Umwunganizi wabo Me Pierre Buhuru ngo yari afite urundi rubanza kandi ngo ntabwo yari yabimenyeshejwe mbere ko uru rubanza ruhamagazwa. Ubushingacyaha byavuze ko ari uburenganzira bw’abaregwa kunganirwa mu rukiko, Abacamanza batangaje ko urubanza rusubikwa rukazasubukurwa ku wa mbere tariki ya 9 Ukwakira 2017.

Diane Rwigara akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ariko bose uko ari batatu bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Umubyeyi wabo Mukangemanyi Rwigara Adeline we yihariye icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2017 abakozi b’Ambasade y’u Bubiligi mu Rwanda bari basuye abo mu muryango wa Rwigara aho bafungiye kuri station ya Polisi ya Remera. Amakuru The Rwandan yabonye ni uko Adeline na Anne bo bemerewe kubonana n’abo babiligi kuko bafite ubwenegihugu bw’ububiligi ariko Diane we arangirwa kuko yabusubije! Ntabwo byarangiriye aho kuko Adeline na Anne basohotse bambaye imipira iriho ifoto ya Nyakwigendera Assinapol Rwigara ariko polisi yanga ko barenga aho ibasaba kubanza kujya gukuramo iyo mipira mbere yo kubonana n’abo babirigi.

Abo kwa Rwigara mu rukiko

Nabibutsa ko abana n’umupfakazi ba Rwiagara Assinapol bafungiye kuri station ya Polisi ya Remera kuva ku wa gatandatu tariki ya 23 Nzeli 2017 ubwo batabwaga muri yombi.

 

Byari byifashe bite mu rukiko ku munsi wa mbere w’urubanza rw’abo mumuryango wa Rwigara Assinapol?

$
0
0

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo abagize umuryango wa Rwigara bagejejwe imbere y’umucamanza w’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge. Barburana ibyaha byo kugambirira guteza imvuru cyangwa imidugararo muri rubanda. Abo barimo Diane Shima Rwigara washakaga kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu mätöra aheruka.

Abaregwa bose uko ari batatu bagejejwe ku rukiko buri umwe uhereye kuri Diane Shima Rwigara aboshye mu mapingu kandi akikijwe n’abapolisi babiri babiri bamwe muri bo bakomeye bagiye bafashe mu maboko abaregwa.

Ni urubanza rwari rwitabiriwe n’abantu benshi cyane ku buryo icyumba kinini cy’urukiko cyakubise kiruzura bamwe bajya hanze yacyo. Ni urubanza kandi rwagaragayemo abadiplomates benshi n’abakozi ba za ambasade hano mu Rwanda ndetse n’ibitangazamakuru byinshi byo mu Rwanda n’ibindi mpuzamahanga. Rwatangiye ku isaa yine rwiganjemo abashinzwe umutekano na bo benshi.

Ubarebye ku masura yabo abaregwa basaga n’abakomeye ku buryo haba mbere yo kwinjira mu rukiko na nyuma yo kugeramo Diane Shima Rwigara washakaga kwiyamamariza gutegeka u Rwanda ntibimukundire yakunze kugaragara we na murumuna we Uwamahoro Anne Rwigara bacishamo bakamwenyura.

Mme Mukangemanyi Adeline Rwigara ubabyara we yagaragaye mu cyumba cy’urukiko yijimye ku masura kandi ari na Bibiliya. Iyi Bibiliya yanayikomezanyije imbere y’umucamanza. Abaregwa uko ari batatu bageze imbere y’umucamanza bonyine batunganiwe mu mategeko maze bahita basaba gusubikisha urubanza bakabanza kubonana n’ubwunganizi.

Bavuze ko Me Pierre Celestin Buhuru yamaze kumvikana na Diane Rwigara ndetse na nyina Adeline Rwigara ko ari we ugomba kuzabunganira ariko ko ntacyo aravugana n’umwali Anne Rwigara.

Anne Rwigara yabwiye umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ko nta mwanya barabona ngo bavugane na Me Buhuru babashe gutegura urubanza.

Yavuze ko igipolisi kibatwara muri gahunda nko kubazwa ku byaha bakurikiranyweho igihe gishakiye kitabateguje.

Yavuze ko ku munsi wa mbere Me Buhuru yagiye kubareba aho bafungiye igipolisi cyanga ko babonana.

Umucamanza yibukije abaregwa ko Me Buhuru yabunganiye imbere y’ubushinjacyaha, Maze Anne Rwigara asubiza ko bageze mu bushinjacyaha ku babaza ibyo bakurikiranyweho Me Buhuru bumuha dossier mu gihe gito ayisoma atayizi asubiza ibibazo kuri dossier atazi .

Nyuma ku Cyumweru ngo yagiye kubareba kuri burigade igipolisi kiramwirukana ntibabonana ngo bategure urubanza.

Ubushinjacyaha bwavuze ko kubona ubwunganizi ku baregwa ari uburenganzira bemererwa n’amategeko, maze buvuga ko impamvu Me Pierre Celestin Buhuru atabonetse mu rubanza ari uko yari afite urundi naho ubundi ngo yari azi ko agomba kuza kunganira uyu muryango wa Assinapol Rwigara.

Umucamanza yabajije abaregwa igihe bumva bazaba barangije gutegura urubanza kugira ngo babashe kuburana. Bakomeje gushimanagira ko batazi itariki ya nyayo kuko bigoye ko babonana n’uwagombye kuba abunganira mu mategeko.

Yisunze ingingo z’amategeko Umucamanza yanzuye ko agomba gusubika urubanza mu masaha 72. Ategeka ko umunyamategeko azashaka abaregwa bagategura dosiye y’urubanza bakazabona kuza kuburana.

Iburanisha rirangiye igipolisi cyahise gikikiza mu rukiko abaregwa bose maze Adeline Rwigara amanika hejuru Bibiliya apepera abari mu rukiko amwenyura.

Igipolisi cyongeye gutwara abaregwa mu modoka ebyiri. Adelinne Rwigara muri Toyota Pick up naho abakobwa be Diane Shima Rwigara na Anne Rwigara muri Taxi Minibus. Adeline Rwigara yakomeje agenda apeperera mu birahure by’imodoka abantu aho Nyamirambo bari bahuruye ariko anamwenyura. Yashushe n’uzamura amarangamutima ya bamwe mu bamurebaga aho I Nyamirambo maze bakagenda bimyoza bavuga mu majwi yo hasi ko bibabaje.

Abagize uyu muryango wa nyakwigendera Assinapol Rwigara uhereye ku Umwali Diane Shima Rwigara ubutabera bumukurikiranyeho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano. Iki gikomoka ku mikono ishyigikira kandidatire ye ubwo yashakaga kwiyamamariza gutegeka u Rwanda nk’umukuru w’igihugu kuko akanama gashinzwe amatora mu Rwanda kanzuye ko yasinyishijemo n’abapfuye.

Abaregwa bose uko ari babatutu barahurira kugambirira guteza imvururu cyangwa se imidugararo muri rubanda.

Gusa Umubyeyi wabo Mukangemanyi Adeline Rwigara we buramurega icyaha gifatwa nk’umwihariko kuri we cy’ivangura no gukurura amacakubiri. Ibi byaha byose ku baregwa ubushinjacyaha ntiburabisobanura. Ku rundi ruhande ariko bishobora kuzumvikana mu matwi ya bamwe nk’aho ari bishya kuba mu biregwa uyu muryango hatazamo icyo kunyereza imisoro.

Ni mu gihe igipolisi nyuma yo kubabahamagaza kwitaba ngo babazwe ku byo bakekwagaho bakanga nk’uko cyabisobanuye ku itariki enye z’ukwezi kwa Cyenda igipolisi cyakoresheje ingufu gihabwa nn’amategeko cyinjira Kwa Rwigara. Icyo gihe kubera ko igipangu cyari gikinze byabaye ngombwa ko igipolisi cyifashisha urwego.

Icyo gihe ACP Theos Badege umuvugizi w’igipolisi mu Rwanda yatangaje ko mu byo abaregwa bari bakurikiranyweho birimo no kunyereza imisoro bikekwa ko ibarirwa muri miliyari eshanu z’amafaranga. Icyo gihe ariko abagize umuryango bo iyi misoro bayiteye utwatsi bavuga ko ishingiye ku mpamvu za politiki.

Akimara kurahiza abagize guverinoma umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabaye nk’ukomoza ku bivugwa ko umuryango wa Rwigara wanyereje imisoro. Ashimangira ko bitagomba kwihanganirwa.

Iburanisha rizasubukurwa ku itariki icyenda z’uku kwezi kwa Cumi ku isaha ya saa tatu zo mu gitondo. Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika mu Rwanda Eric Bagiruwubusa ni we utugezaho iyi nkuru.

KIZOA-Movie-Maker-4d6i97zm (1)

VOA


CONGO-BRAZZAVILLE: UMUGAMBI WO GUSIGA IBARA IMPUNZI Z’ABAHUTU ZIHATUYE WARI WATEGUWE NA LETA Y ‘ URWANDA WABURIYEMO.

$
0
0

Yanditswe na Arnold Tembere

Nyuma yo kwigizwayo inshuro eshatu tariki ya 27/09/2017 nibwo Intumwa zari zaturutse Kigali ndetse na ambassade y’Urwanda ziherekejwe n’iza Leta ya Congo ndetse n’uhagarariye leta muri Congo-Brazzaville zasesekaye mu nkambi y ‘Impunzi z’abanyarwanda ya KINTELE iri mu majyaruguru y ‘i nkengengero z ‘ umugi wa Brazzaville aho basanze Impunzi nyinshi cyane zabategereje. Ariko intumwa zari zaturutse i Kigali imodoka 2 z ‘ abazanye ntizaziye rimwe n ‘ izindi zo hageze nyuma. Mugihe izindi zo zari zahagageze zishyizwe hagati n ‘ imodoka zitari nkeya zuzuyemo abashinzwe umutekano kurugero rutari rusanzwe muzindi nama nkizo zabaye.

Byaje gutahurwa ko hari bimwe mu byitso byazo bakiri mu mpunzi kandi byararangije gufata za passeports rwihishwa, Byari byiteguye guhita bitera amabuye izo modoka 2 ndetse zikanakomeretsa abashinzwe umutekano bake bari muri izo modoka, maze ibintu bikadogera hagamijwe kurakaza abategetsi n ‘ abaturage ba Congo ngo bafite icyemezo cyo kwirukana Impunzi ku ngufu kandi ku nabi.

Impunzi z akijijwe nuko nazo zari zishyiriyeho abazacunga ko Iyo nama irangira mumutekano bari bashyizwe ahantu henshi hafi y ‘ Inkambi, akaba ari nabo birukankanye agaco k’abantu batahuye kari karunze amabuye n ‘ ibiti byo gukoresha muri uwo mugambi. Izo modoka rero zisigaje inyuma kure ya convoi z ‘ abacunga umutekano kugirango abo baze kubikora nta mususu

Tubibutse ko yari Inama yanyuma urwanda rwari rugiye kugerageza kumvisha Impunzi gitaha nyuma y ‘ aho Impunzi hafi ya zose (99%) zihakaniwe na za commissions zari zishyizweho ngo zige k’ubusabe bw’impunzi bwo kuzagumana Statut y ‘ Ubuhunzi nyuma y ‘ i tariki ntarengwa ya 30 ukuboza 2017 impunzi zahawe mu Kagambane hagati ya leta y ‘ urwanda na HCR yo kuzakurirwaho ubuhunzi.

Inama yatangiye Impunzi zerekwa abashyitsi , Habanje iza leta ya Congo , zihabwa amashyi n ‘ impundu, hakurikira iza HCR zavugirijwe induru haheruka iz’ Urwanda nazo zavugirijwe induru Impunzi zivuga ko ari inkoramaraso zabamariye ababo mu Rwanda ndetse no mu mashyamba ya Kongo ( RDC ).

Impunzi zimaze kumva ibyari byazinduye izo délégations, Impunzi 8 nizo bavuze ko arizo gusa ziri bubaze ibibazo nyamara 3 gusa nizo zashoboye kubaza ibibazo nabyo bitashobowe gusubizwa byose kubera umwuka mubi waje kuzamurwa n ‘ agasomborotso k’intumwa z ‘ urwanda.

Mbere yo kubaza zasabye abari mu nama guhagaruka bagaceceka iminota 5 hibukwa abahutu biciwe bakinicwa mu Rwanda no mu mashyamba ya Kongo ( RDC ).
Zimwe mu ntumwa zari zihagarariye urwanda zasese ibirenge mu guhaguruka ariko Congo na HCR bajya baca bugufi bigaragara ko barimo babingingira guhaguruka , nuko barahaguruka, ibyo ntibyanyuze uwari uhagarariye urwanda kuburyo yaje no kunyerera yisubirira mumugi Inama itararangira,. Icyatangaje impunzi n ‘ ukuntu Ambassadeur n ‘ aba conseillers bombi, bahise bakuramo za Karuvati bakaeishyira mu mifuka basa naho hari icyo bikunze.

Dore bimwe mu bibazo byabajijwe.

* Bwana ambassadeur ko ubushize wadushyizeho iterabwoba ko tuzifuza kubonana nawe ntitukubone, none ko wagarutse Nitwe twaguhamagaye?

* kuki mwumva ko tutahingutsa ko hari bene wacu biciwe mu Rwanda nka Kibeho n ‘ ahandi ndetse na n’ubu bacyicwa ndetse nabiciwe mu mashyamba ya Kongo ( RDC ) ndetse ngo tunabibuke. …..

Hari n ‘ uwabaye intumwa z ‘ Urwanda kugenda kubwira Kagame ko umugambi we nkuko yabyivugiye wo kudutsemba utagezweho ko abacitse kw’icumi rye bagihari kandi ko batabyibagiwe.

Hari uwabajije intumwa za Congo Brazzaville ati:” Ko tumaze imyaka irenga 20 muducungiye umutekano , none muremeza ko mutakibishoboye , ahubwo mubonye Urwanda arirwo rwabishobora kubarusha ziduha za passeports?

Hari n ‘ uwahaye igitekerezo leta ya Congo Ko byaba byiza yibagiwe ko hari Impunzi izemera kwinjizwa mu madege ya Kagame ngo abacyure kungufu, yongeraho ko imyaka bamaze bamaze no gufata agatege kuburyo kwongera gukora ibirometero ibihumbi ku maguru bahunga uwashaka kubajyanira uwabahekuye bitabananira kandi ko bacyibuka n ‘ inzira ndetse n ‘ uburyo bakoresheje ngo bagere muri Congo-Brazzaville.

Muri make habajijwe ibibazo byinshi nyamara intumwa z ‘ Urwanda zivuga ko ntacyo za kwirirwa zisubiza . Haje kuvuka urunturuntu hamaze kubaza abantu 3 gusa, nuko intumwa z ‘ urwanda zigenda zihasize iza Congo na HCR , nuko Inama irangirira aho ariko nyine ibintu bishyushye.

 

Gutinyuka kuvuga ibitagenda mu Rwanda ni ukwikoraho

Ese Ange Kagame yaba agera ikirenge mu cya SE?

Human Rights Watch irarega igisirikare cy’u Rwanda kwica abantu urubozo

Rwigara: inkuru irambuye y’umunsi wa gatatu w’urubanza

$
0
0

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge i Kigali mu Rwanda rwasubitse ubugira gatatu urubanza rw’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Umwali Diane Shima Rwigara n’abo mu muryango we. Abaregwa barasaba undi munyamategeko ubunganira kubera ubunini bwa dosiye y’ibyaha ubushinjacyaha bubakurikiranyeho.

Bihabanye cyane n’indi minsi yabanje y’uru rubanza, uyu munsi nta muntu n’umwe wari yemerewe kwinjira mu cyumba cy’urukiko igipolisi kitabanje kumusaka kandi imirongo yari miremire.

Abaregwa bakimara kwinjizwa mu rukiko nk’uko bisanzwe baboshye n’amapingu umucamanza yongeye kwihanangiriza bikomeye itangazamakuru ko nta wemerewe gufata amajwi n’amashusho mu rukiko. Yategetse ko nta munyamakuru wemerewe kugira uwo baganirira mu ifasi y’urukiko afata amajwi n’amashusho. Yanategetse ko inzego z’umutekano ziduhozaho ijisho maze uwo bafashe bakamwambura ibikoresho bye byose bakamusibisha ibiganiro.

Uyu mucamanza yasomeye abaregwa ibyaha ubushinjacyaha bubakurikiranyeho ahereye kuri Mme Mukangemanyi Adeline Rwigara. Araregwa icyaha cyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda n’icyaha cyo kubiba amacakubiri. Yahakaniye urukiko ko ibyaha atabyemera kandi atabizi. Ati “ Ntabyo nemera nzamuye icyubahiro cy’Imana kandi ndabashimiye”.

Umwali Diane Shima Rwigara umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda na we araregwa icyo guteza imvururu muri rubanda no gukora no gukoresha inyandiko mpimbano. Uyu wari ku rutonde rw’abashakaga guhatanira gutegeka u Rwanda ntabigereho na we ibyaha arabihakana.

Umwali Uwamahoro Anne Rwigara na we ubushinjacyaha burega icyaha cyo kugambirira guteza imvururu/ imidugararo muri rubanda yabwiye umucamanza ati “birantungura kugeza n’ubu ntabwo mbyemera”

Umunyamategeko Pierre Celestin Buhuru yabwiye umucamanza ko yiteguye kuburanira Diane Rwigara na murumuna we Anne Rwigara kuko ngo nyina ubabyara Adeline Rwigara yamusabye kumushakira undi munyamategeko ufatanya na Me Buhuru kubera ubunini bwa dosiye y’ibyaha baregwa. Yavuze ko dosiye baregwa igizwe n’impapuro zisaga 600 kandi ko atabashije kuyikorera kopi kugira ngo n’abaregwa babe bayifite bamenye uko iteye.

Uyu munyamategeko yashimye urukiko ku cyemezo rwafashe cyo kubasha kubonana n’abo yunganira avuga ko cyatangiye kubahirizwa.

Mme Adeline Rwigara yabwiye umucamanza ko Dosiye yayiboneye mu rukiko kandi ko iyo dosiye iremereye adashaka ko umunyamategeko umwe ari we uyiburana mu gihe uregwa ataranayisoma ngo amenye ibyo aregwa; avuga ko hakiri inzitizi zo kuba Me Buhuru hari bimwe mu bibarega ubushinjacyaha butaramuha.

Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko izi nzitizi nta shingiro zifite kuko umucamanza yazifasheho umwanzuro. Bwavuze ko butumva impamvu Adeline Rwigara adashaka kunganirwa na Me Buhuru mu gihe bamenyeshejwe ibyo baregwa kandi ko uretse gusuzuma impamvu zikomeye bakekwaho si ukwinjira mu mizi y’urubanza.

Burabifata nk’impamvu zo gutinza urubanza kuko bahawe igihe gihagije . Buti “ Ntabwo tubibona ko bwaba ari ubutabera , kwaba ari nko gukinisha urukiko kuko ni ubushake bwabo bwo kudashyira mu bikorwa uburenganzira bwabo .”

Adeline Rwigara yagize ati “ Namwe murebe ibi bitabo bitatu n’ibindi Me Buhuru avuga ko atabashije kugeraho, nta kopi mfite sinzi ikirimo, twahuye ejo gusa araza tukamarana nk’iminota 30 , turi batatu byakabya bikaba isaha imwe. Avuga ko yahisemo ko Me Gatera Gashabana yafatanya na Me Buhuru.

Yasabye umucamanza gutegeka polisi ikamuha amafaranga yo kwishyura ubwunganizi kuko aya mbere bamuhaye ngo yarashize. Ayo mafaranga asaba yagombye kuva mu kayabo k’ayo igipolisi cyafatiriye Kwa Rwigara

Umucamanza yabajije Me Buhuru ibyo avuga ko atarageraho muri dosiye. Yasubije ko hari inyandikomvugo z’ikirego ubushinjacyaha butaramuha ndetse n’amajwi y’ibiganiro abaregwa bagiranye kuri telephone kuko avuga ko ibyo ari ingenzi cyane byabaye nyirabayazana y’ibirego.

Umucamanza yategetse uyu munyamategeko kudasubiza inyuma urubanza kuko yafashe umwanzuro mu iburanisha riheruka ko nta kibazo cy’ibura rya dosiye ku baregwa gihari. Me Buhuru ati “ N’ubwo mwagifasheho umwanzuro ntitwawishimiye kandi niba mwaranawufashe ntitubyibuka.

Ubushinjacyaha bwahise bwikoma uyu munyamategeko ko ashaka kwinjira mu mizi y’urubanza rukiri ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Icyo kutabona umwanya uhagije wo kwiga dosiye y’ibirego cyanazamuwe n’Umwali Diane Shima Rwigara avuga yasabye ko yunganirwa n’abanyamategeko batatu ntiyabahabwa mu gihe ubushinjacyaha bwafashe igihe gihagije cyo gutegura ikirego maze umucamanza abibutsa ko bari gutandukira mu rubanza.

Ibi byatumye urukiko rwiha iminota mirongo itatu mu mwiherero wo gusuzuma izo nzitizi ariko byatwaye amasaha akabakaba muri abiri.

Yisunze igingo z’amategeko umucamanza yanzuye ko uburenganzira bwo kwiregura no kunganirwa mu mategeko ari ndahungabanywa igihe cyose. Yavuze urukiko rutagomba kubangamira uburenganzira bwa Adeline Rwigara agomba kunganirwa na Me Gatera Gashabana , urubanza rukazaburanishwa ku munsi ukurikira byanze bikunze kuko rutagomba gukererwa.

Ku cyo gutegeka igipolisi kigaha amafaranga umuryango wa Rwigara mu yo cyafatiriye mu rugo rwe, umucamanza yanzuye ko ari dosiye itarigeze iregerwa mu rukiko bityo ko ntacyo yakivugaho.

Iburanisha rya none icyumba cy’urukiko cyongeye kirakubita kiruzura , umutekano urakazwa bikomeye maze ababuze aho bicara n’aho bahagarara bagakurikiranira urubanza hanze y’icyumba cy’urukiko hifashishijwe indangururamajwi.

Abaregwa bose uko ari batatu bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa se imidugararo muri rubanda. Umunyapolitiki Diane Rwigara we aranaregwa icyaha cyo gukora no gukoresha impapuro mpimbano gikomoka ku mikono yakusanyaga ubwo yashakaga kwiyamamariza gutegeka u Rwanda. Komisiyo y’amatora yanzuye ko yasinyishijemo n’abapfuye. Nyina umubyara na we hanze y’icyaha cya rusange, Adeline Rwigara aranaregwa icyaha cyo gukurura amacakubiri. Ibyaha byose barabihakana bakavuga ko bishingiye kuri politiki.

Birasa n’aho ari bishya mu matwi ya bamwe kumva mu byaha ubutabera bubakurikiranyeho hatarimo icyo kunyereza imisoro. Ni mu gihe ku itariki enye z’ukwezi kwa Cyenda mu byo igipolisi cyanshingiyeho cyinjiraga kwa rwigara ku ngufu kubatwara cyavugaga ko mu byo cyagombaga kubahataho ibibazo harimo n’icyaha cyo kunyereza imisoro bikekwako ibarirwa muri miliyari eshanu z’amafaranga.

Iki ni na cyo cyabaye n’intandaro yo kuba igipolisi cyarafatiriye akayabo k’amafaranga yo kwa Rwigara Ijwi ry’Amerika itaramenya umubare wayo.

Ku munsi yarahizaga guverinoma nshya umukuru w’ u Rwanda Paul Kagame na we yabaye nk’ukomoza ku bivuga ko uyu muryango wanyereje imisoro amze ashimangira ko bigomba gusobanuka.

Ntibiramenyekana niba ubutabera bwarasanze iki kitaba icyaha bwaregera mu nkiko bukabireka bityo, cyangwa se niba buzakiregera ukwacyo; byose birasaba kubitega amaso.

Gusa abagize umuryango w’uwahoze ari umunyemari ukomeye nyakwigendera Assinapol Rwigara bo bumvikanye bavuga ko iki kirego cyo kunyereza imisoro ari ibiremekanyo bishingiye kuri politiki.

Iburanisha rizasubukura ku itariki ya 13 z’uku kwezi kwa Cumi.

Rwanda: Urugendo rw’Impuguke za ONU Mu Gukumira Iyicarubozo

$
0
0

Ishami rishinzwe uburenganzira bw’ikiremwa muntu mu muryango w’abimbumbye (ONU), riratangaza ko ibiro byaryo bishinzwe gukumira no kurwanya iyicarubozo byiteguye kwohereza intumwa gusura u Rwanda.

Ni uguhera kw’italiki ya 15 kugeza kuya 20 y’uku kwezi kwa 10. Iryo tsinda rizaba rigiye kugira inama abayobozi ku buryo bwo gushyiraho urwego rw’igihugu, ruzwi nka National Prevention Mechanism mu magambo ahinnye (NPM). Ni urwego rwo gukurikiranira hafi ibikorerwa mu bigo nka za gereza na kasho.

Izo ntumwa zizita no ku buryo bwo gufasha abantu bavukijwe uburenganzira bwabo, zizanasuzuma ingamba zafatiwe kubarinda iyicwarubozo no gufatwa nabi mu buryo ubwo ari bwo bwose.

“U Rwanda rwashyize umukono ku masezerano arwanya iyicarubozo n’ubundi bugome, ibikorwa bya bunyamaswa, cyangwa ibihano bitesha umuntu agaciro. Hari mu mwaka wa 2015. Ibi bivuze ko u Rwanda rusabwa gushyiraho urwego rwigenga, kandi rufite uburyo bukwiye bwo kurwanya iyicarubozo. Urwego rufite uburenganzira bwo kujya ahantu hose muri gereza.” Ibi byavuzwe na Arman Danielyan uyobora ibyo biro.

Mu bice izo ntumwa ziteze gusura, harimo za gereza, sitasiyo za polisi, kasho z’abagore, n’iz’urubyiruko hamwe n’ibigo byita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe.

Izo mpuguke zizanabonana n’abategetsi muri guverinema y’u Rwanda, abo mu rwego rw’ubutabera, komisiyo y’igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu, n’ibigo bya ONU hamwe n’abahagarariye sosiyete civile.

Nyuma y’uruzinduko rwazo zizageza raporo y’ibanga kuri guverinema y’u Rwanda ikubiyemo ibyo babonye, imyanzuro yafasha gushyiraho urwego rw’igihugu rwo gukurikiranira hafi, amagereza za kasho n’ahandi hafungirwa abantu, hamwe n’ibigo byita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe.

Abagize ibyo biro batangaje urwo ruzinduko mu Rwanda nyuma y’uko Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch (HRW), ufite icyicaro muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, ushinje igisirikali cy’u Rwanda ibyaha birimo kwica urubozo imfungwa. Tubibutse ko ibyo bikubiye mu cyegeranyo kigizwe n’amapaji 91 uwo muryango wasohoye kuri uyu wa kabiri.

HRW ivuga ko imfungwa 104 zari zifunzwe mu buryo butemewe n’amategeko muri za kasho hagati y’umwaka wa 2010-2016, zakorewe iyicarubozo.

VOA

Adeline Rwigara yatangaje ko we n’abana be bakorewe iyicwa rubozo!

$
0
0
22341596_2005377693043197_1808184358352191488_n

Mu minsi ine ishize y’uru rubanza bigaragara ko buri umwe ugenda ugira umwihariko wawo.

Kuri uyu munsi igipolisi cyongereye ingufu bigaragara cyateye ibirindiro mu marembo yombi yinjira mu rukiko umuntu wese winjira kikamusaka cyarangiza kikamwaka ibyangombwa bye kikandika imyirondoro. Hari abakunze kuzitirwa no kwinjira mu rukiko banga kwiyandikisha n’ababaga badafite ibyangombwa.

Mu rukiko Me Gatera Gashabana Mme Mukangemanyi Adeline Rwigara yifuje ko amwunganira mu mategeko kubera uburemere bwa dosiye yarabyemeye. Iri zina Me Gatera Gashabana rizwi cyane mu manza zikomeye kuko ni we wunganira umunyapolitiki Victoire Ingabire n’abarwanashyaka ba FDU Inkingi.

Me Gashabana yabwiye umucamanza ko yabonanye n’uwo yunganira saa kumi z’umugoroba kuri uyu wa kane adafite dosiye y’ibirego uretse inyandikomvugo y’icyangombwa cyamutaye muri yombi. Yasabye ko amategeko yubahirizwa hakaboneka dosiye n’umwanya ubundi akazamwunganira mu mucyo.

Ku bushinjacyaha ntibisanzwe gusubikisha urubanza inshuro enye kandi hagomba gusuzumwa impamvu zikomeye z’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo. Bwavuze ko abaregwa ibyaha byose babimenyeshejwe kandi bakabyisobanuraho bityo ko bitumvikana impamvu Me Gashabana na we yasaba isubikarubanza.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko iburanisha ryagombye kuba mu masaha 72 ibyo kurisubikisha bya hato na hato bihabanye n’ihame rya “Delayed Justice , Denied Justice” Bivuze ko ubutabera bukererewe buba butakiri bwo. Bwatanze ibyifuzo ku rukiko Ko urubanza ruburanishwa kuko uburenganzira abaregwa babuhawe ntibabushyire mu bikorwa.

Ubushinjacyaha bwa Leta y’u Rwanda bwasabye kandi ko urukiko rwatandukanya uru rubanza, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho Diane Shima Rwigara, na murumuna we Anne Rwigara bunganirwa na Me Buhuru Pierre Celestin bakaburana kuko biteguye. Na ho Nyina ubabyara na we akazaburana ukwe. Bwavuze ko ibyaha baregwa batabihuriyeho byose kandi ko icyaha ari gatozi ku buryo kubatandukanya ntacyo byatwara imigendekere myiza y’urubanza.

Mme Adeline Rwigara yahise yaka ijambo maze avuga ko ibyaha baregwa babimenyeshejwe bari ku ngoyi y’iyicarubozo. Ati “ Twafatwaga mu gitondo mu mapingu tukajyanwa kuri police tukirwayo, ubundi twararaga tuboshye bakadusomera ibintu tutarya tutanywa.” Yibukije ubushinjacyaha ko n’umunsi bwamubajije yari amaze icyumweru atarya atanywa atanivuza. Ni amagambo umucamanza yamubwiye ko agamije gutandukira.

Me Gashabana yakomeje gutakambira umucamanza amwibutsa ko amategeko atomora ko uregwa afite uburenganzira bwo kwiregura no kunganirwa mu mucyo bigafasha mu rubanza ruboneye.

Yavuze ko n’ubwo atarinjira muri dosiye y’urubanza kuko ataranayibona hari icyaha cyo kugambirira guteza imvururu muri rubanda ubushinjacyaha bukurikiranyeho abaregwa uko ari batatu. Bityo ko budashobora kongera kwivuguruza busaba ko imanza zatandukana.

Me Buhuru na we ntiyagiye kure y’ibitekerezo bya mugenzi we. Yavuze ko niba ubushinjacayha busaba ko izi manza zatandukana bivuze ko buzakora dosiye nshya kuri Adeline Rwigara, bukanatandukanya ibimenyetso bimuregana n’abana be.

Adeline Rwigara yahise yaka ijambo abwira umucamanza ati “ mureke mbagirireho imigisha mu masegonda abiri mpabwe dosiye y’urubanza rwacu.” Ati “twambuwe ibitabo byacu by’indirimbo na bibiliya.”

Umucamanza yamubwiye ko urukiko rusuzuma ibyo rwaregewe amusaba kubivuganaho n’abanyamategeko babo.

Umwali Anne Rwigara na we yatse ijambo yibanda ku buryo bafunzemo. Ati “ Buri wese afungiwe mu cyumba cya wenyine ntawe ubonana n’undi. Umuntu afungwa amasaha 24/24. Tugemerirwa nk’iminota itatu tuzengurutswe n’abafata amajwi y’ibyo tuganira. Atakambira umucamanza ati “ Birashoboka se ko twajya duhabwa akanya kokota akazuba nk’iminota 30 namwe mubitekereze muri abantu.” Uyu na we umucamanza yamwohereje ku bwunganizi bakabivugana.

Me Buhuru umwunganira yibukije ko kuva umunsi dosiye y’abaregwa yashyikirizwaga umucamanza bahise binjira mu maboko y’urukiko. Avuga ko ibyo uwo yunganira avuga bifite ishingiro kandi bimubabaje n’abo bareganwa. Yavuze ko kugeza ubu bakiri abere kandi ko igihe bazahamwa n’ibyaha ari bwo bavutswa uburenganzira bwabo.

Umucamanza n’inteko ahagarariye bahise bajya gusuzuma inzitizi zazamuwe n’abaregwa maze nyuma y’isaha hafi n’igice baza bategeka ko urubanza rugomba kwimurwa.

Urukiko rwavuze ko Me Gatera Gashabana ari mushya mu rubanza kandi atahujwe mu ikoranabuhanga ry’urukiko ngo abone dosiye. Rwateye utwatsi icyifuzo cy’ubushinjacyaha cyo gutandukanya abaregwa zikaba imanza ebyiri maze ruvuga ko abaregwa bose bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.

Ku cyo gutanga dosiye y’urubanza ku baregwa, urukiko rwavuze ko nta mpamvu yo guhabwa dosiye uko yakabaye kuko atari urubanza ruburanishwa mu mizi.

Naho ku kijyanye n’uburyo abaregwa bafunzwemo no kubahesha bibiliya n’ibitabo by’indirimbo , urukiko rwacyanzuyeho ko kitari mu biteganywa n’amategeko bigomba gusuzumwa muri uru rubanza.

Iburanisha ry’uru rubanza iyo rirangiye abaregwa bagitegereje gusubizwa mu maboko y’igipolisi aha Nyamirambo rubera hakunze kurangwa n’urujya n’uruza rw’abatari bake akazi kaba gasa n’akahagaze.

Benshi bagaragara mu marembo y’urukiko n’inkengero zarwo bareba uko byifashe abakozi b’urukiko na bo barungurukira mu madirishya.

Umwe mu bavandimwe b’abaregwa abakubise amaso baboshye mu mapingu binjizwa mu modoka yamanitse ikiganza hejuru mu ijwi riranguruye ati “ Maman Diane Yesu ni muzima, aleluya, Yesu ni muzima”.

Uyu mubyeyi akimara kuvuga aya magambo yahise aturika ararira. Bamwe mu bamwumvise , mu majwi yo hasi bavuze ko ibyo yakoze ari ikimenyetso ko abantu batangiye gutinyuka kugaragaza icyo batekereza. Byafashe byibura iminota itari munsi y’icumi abo hafi y’uyu mubyeyi bamusubiza mu ituze ariko na ko itangazamakuru rimukurikirana ngo rimenye impamvu yabyo. Ubwo kandi na na ko igipolisi cyabahozagaho ijisho intambwe ku yindi. Nta byinshi uyu mubyeyi yavuze uretse kwemeza ko yumvise aruhutse kuko ngo yumvaga umutwe umuremereye.

Abaregwa bose uko ari batatu barahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imidugararo muri rubanda. Ku munyapolitiki Diane Rwigara hiyongeraho icyo gukora no gukoresha impapuro mpimbano, no kuri nyina Adeline Rwigara hazaho icyo gukurura amacakubiri. Bose ibyaha barabihakana.

Iburanisha rizakomeza ku itariki ya 17 z’uku kwezi kwa cumi.

Eric Bagiruwubusa

VOA


Leta ya Kagame yatewe ubwoba na Bibiliya Yera ya Adeline Rwigara?

Canada: Diane Rwigara yahawe igihembo cyahariwe urubyiruko rwagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa

$
0
0

Diane Rwigara yahawe igihembo cyahariwe urubyiruko rwagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa. Icyo gihembo gitangwa n’umuryango Réseau international des femmes pour la démocratie et la paix, (RifDP).

Iki gihembo gitanzwe ku nshuro ya munani, kitwa mu rurimi rw’igifaransa “Prix Jeunesse engagée” 

Icy’umwaka wa 2016 cyahawe umunyekongo Rachel Mwanza na Léonille Gasengayire, umubitsi wungirije wa FDU-Inkingi ubu ufunze kwimwe n’abandi bayoboke ba FDU-Inkingi benshi.

Icya 2015 Cyahawe Nadine Claire Kasinge, umwe mu bayobozi b’ishyaka Ishema ry’u Rwanda

Icya 2014 gihabwa Peter Mutabaruka umwe mu bagize igikorwa AMAHORO IWACU 2017

Icya 2013 cyagenewe Martine Desjardins

Icya 2012 cyari cyahawe Placide Kayumba na Alice Muhirwa.

Icyo gihembo cyatangiwe mu muhango uba buri mwaka uyu mwaka bikaba byahuriranye n’umunsi witiriwe Victoire Ingabire (Ingabire Day) wabereye ku isi hose mu mijyi itandukanye nka: Bruxelles; Londres; Lyon; Johannesburg; Madrid; Montreal; Nashville  n’ahandi

Uyu munsi wa Ingabire Day ukaba warateguwe  n’imiryango n’amashyirahamwe amwe muri ayo akaba ari: Fondation Victoire pour la Paix; Jambo ASBL; Friends of Victoire; Amahoriwacu; African Great Lakes Action Network na Communauté Rwandaise de Lyon

Kubera ko Diane Shima Rwigara afunze atashoboraga kwigerera muri Canada i Montreal aho cyatangiwe yahagarariwe na nyina wabo Tabitha Gwiza wakiriye icyo gihembo mw’izina rye akaba yanavuze ijambo musanga hano hasi.

2017-10-16-VIDEO-00003939

Mufore uyu ni inde?

Tribert Rujugiro ati: “Urivunira iki ko inzu ari iyanjye kandi amaherezo nzayisubirana?

Umunsi wa 5 w’urubanza: Urupfu rwa Assinapol Rwigara rwagarutsweho cyane!

Viewing all 3258 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>