Quantcast
Channel: Amakuru Archives - Umunyarwanda
Viewing all 3259 articles
Browse latest View live

Israel: Abaderevu b’indege bavuze ko batazemera gutwara abimukira b’abanyafurika birukanwe!

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru dukesha ikinyamakuru Times of Israël cyo mu gihugu cya Israel aravuga ko bamwe mu baderevu b’indege z’ikigo cyo muri Israel cy’iby’indege EL AL batangaje ko batazatwara abimukira b’abanyafurika bazirukanwa ku ngufu na Leta ya Israel boherezwa mu Rwanda no muri Uganda.

Iki gikorwa ariko ababikurikiranira hafi bavuga ko ari nk’icy’umuhango gusa kuko abimukira b’abanyafurika birukanwa muri Israel natwarwa n’indege zindi z’ibigo bikora iby’indege.

 

Abaderevu b’indege byibura 3 ba El Al bakoresheje urubuga nkoranyambaga rwa Facebook batangaje ko banze kuzaba abafatanyabikorwa mu gikorwa cyo kwirukana abimukira b’abanyafurika muri Israel.

Iki gikorwa bigaragara ko ari nk’umuhango gusa kuko nta ndege za El Al zijya mu Rwanda cyangwa muri Uganda ahubwo abirukanwe bakunze kujyanwa n’indege z’ibindi bigo ziciye muri Ethiopia na Yordaniya.

Ubuyobozi bushinzwe iby’indege muri Israel na Sendika y’abaderevu b’indege byabonye ubutumwa burenga 7500 busaba kutagira uruhare mu kohereza impunzi ahantu ubuzima bwazo bushobora kujya mu kaga. Nk’uko bitangazwa n’umuryango ufasha wo muri Israel witwa Zazim.

Iddo Elad, umwe mu baderevu b’indege washyize ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook kuri iki cyumweru tariki ya 21 Mutarama 2018 yavuze ko atazemera gushyira impunzi urupfu! Arongera ati: “Ntabwo nzagira uruhare muri kiriya gikorwa cy’ubunyamanswa!”

Undi muderevu witwa Shaul Betzer, we yanditse ku rukuta rwe rwa Facebook kuri iki cyumweru agira ait: “Nk’umuderevu w’indege kandi nk’umuntu ni ikintu kidashoboka kuri njye kugira uruhare mu kujyana impunzi ahantu amahirwe yazo yo kubaho ari make cyane” 

Umuderevu wa gatatu witwa Yoel Piterbarg, yibukije amahame ya Kiyahudi aho umuyahudi wese asabwa kwita ku mpunzi. Yagize ati: “mureke impunzi zigume hano kandi zifashwe nk’ibiremwamuntu. Abayahudi nabo ikindi gihe bari impunzi, bifuza ko bafashwa aho kwirukanwa”

Yongeyeho ko abasaba ubuhungiro batagomba kwirukanwa nk’imbwa boherezwa mu buhugu byabo aho akababaro, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, no gupfa urwagashinyaguro bibategereje.

Kuri uyu wa mbere impunzi z’abanya Eritrea zirenga 1000 zahuriye imbere y’Ambasade y’u Rwanda i Tel Aviv muri Israel zamagana igikorwa giteganijwe cyo kuzirukana.

Mu kwezi gushize inteko ishinga amategeko ya Israel izwi ku izina rya Knesset yemeje umushinga w’itegeko wiswe ngo uw’abacenegezi utegeka ifungwa ry’ikigo gifungirwamo abimukira kiri ahitwa Holot n’iyirukanwa ku ngufu ry’abimukira n’abaka ubuhungiro bava muri Eritrea na Sudani guhera muri Werurwe 2018.

Nk’uko bitangazwa na Ministre w’ubutegetsi bw’igihugu muri Israel ngo muri icyo gihugu harabarirwa abimukira n’abasaba ubuhungiro 38 000 bakomoka muri Africa. 72% bava muri Eritrea naho 20% bava muri Sudani. Abenshi muri bo bageze muri Israel hagati ya 2006 na 2012. Benshi bakaba baba mu majyepfo ya Tel Aviv, Aho bamwe mu baturage bahatuye babashinja gutuma ubugizi bwa nabi bwiyongera bagashyira igitutu kuri Leta ngo ibirukane.

Ministre w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu kuri iki cyumweru yavuze ko ibihumbi by’abanyafurika baba mu buryo butubahirije amategeko muri Israel batari abashaka ubuhungiro cyangwa impunzi zujuje amategeko ahubwo ari impunzi zahunze ubukene!

Kuri uyu wa mbere impunzi z’abanya Eritrea zirenga 1000 zahuriye imbere y’Ambasade y’u Rwanda i Tel Aviv muri Israel zamagana igikorwa giteganijwe cyo kuzirukana.

Abanyisraheli bagera ku 100 nabo bifatanije nabo, barimo n’abanyeshuri 10 barimo kwitegura kwiga ibya gisirikare bateguye indi myigaragambyo i Yeruzalemu yo kwamagana iyirukanwa ry’abimukira, iyo myigaragambyo ikaba iteganijwe ku itariki 1 Gashyantare 2018.

 


Areruya Joseph i Kigali yakiriwe nka Yesu i Kana (La Tropical Amissa Bongo)

$
0
0

Areruya Joseph nyuma yo gutwara Tour du Rwanda 2017 yakurikijeho kwegukana La Tropical Amissa Bongo 2018 aho yabaye umunyafurika wa 3 wegukanye rino rushanwa riri ku mwanya wa mbere muri Afurika mu mikino yo gusiganwa ku magare nyuma yo guhesha u Rwanda ishema uko niko yakiriwe ubwo yageraga ku kibuga cyindege i Kanombe.

Libya yatsinze u Rwanda 1 ku busa ruhita rusezererwa muri CHAN 2018

Perezida Kagame yageze mu Busuwisi kwitabira nama ku bukungu i Davos

Patrick Mazimpaka yaguye mu Bitaro mu Buhinde azize indwara!

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Patrick Mazimpaka yitabye Imana mu gitondo cya none ku wa kane tariki ya 25 Mutarama 2018 mu bitaro byo mu Buhinde azize indwara nk’uko amakuru ava mubo mu muryango we abyemeza.

Nk’uko Protais Musoni, umwe mu bo mu muryango wa Patrick Mazimpaka yabibwiye igitangazamakuru Umuseke dukesha iyi nkuru ngo Mazimpaka yitabye Imana saa kumi n’ebyiri za mugitondo uyu wa kane azize uburwayi.

Patrick Mazimpaka kuva mu 1993 kugeza mu 1998 yari Visi Perezida wa mbere wa FPR-Inkotanyi.

Mazimpaka wavukiye mu Rwanda tariki ya 26 Mata 1948, mu 1962 ababyeyi be bahungiye mu gihugu cya Uganda.

Yize amashuri muri Uganda abona Master’s mu by’ubutaka ‘geology’ (siyansi yiga ku kumenya ibigize ubutaka) anakurira ishami ry’aya masomo muri iyi Kaminuza, nyuma ajya gukora muri Kenya no muri Canada.

Guhera mu 1990 FPR-Inkotanyi itangira intambara, Patrick Mazimpaka yari nk’ukuriye ibijyanye n’ibiganiro bya politiki n’abarwanaga na FPR hamwe no kuyihuza n’amahanga.

Mu gihe cy’imishyikirano y’Arusha bivugwa ko Patrick Mazimpaka ariwe wazanye amakuru avuga ko ngo Colonel BEMS Théoneste Bagosora yamubwiye ko agiye gutegura imperuka (apocalypse), Ayo magambo yamamajwe cyane bivugwa ko nta wundi wayumvise Colonel BEMS Bagosora ayavuga uretse umuntu umwe witwa Patrick Mazimpaka.

Patrick Mazimpaka hagati ya Paul Kagame na Colonel William Bagire

Mu 1994, FPR imaze gufata ubutegetsi Mazimpaka Patrick yagizwe Minisitiri w’Urubyiruko, Siporo n’Amakoperative kugeza mu 1996 ubwo yagizwe Minisitiri wo gusana ibyangiritse n’imibereho y’abaturage.

Kuva mu 1997 kugeza mu 2000 yagizwe Minisitiri mu biro bya Perezida wa Republika.

Mu gihe abaministre bamwe birukanwaga umusubizo hakoreshejwe inteko nshingamategeko, Perezida Bizimungu wariho icyo gihe yarwanye kuri Patrick Mazimpaka wari inshuti ye, bikavuga ko ari we yahisemo kurwanaho kuko yari umututsi yirinda kuba yarana ku ba ministre b’abahutu ngo ataregwa amacakubiri.

Kuva mu 2000 yagizwe intumwa yihariye ya Perezida wa Republika mu karere k’ibiyaga bigari cyane kubera ibibazo byariho hagati y’u Rwanda na Congo, umurimo we yawugejeje ku masezerano ya Pretoria ya 2002 hagati y’u Rwanda na Congo.

Kuva 2003 nibwo yageze ku rwego rwa Africa aho yatorewe kuba umuyobozi mukuru wungirije wa Komisiyo y’ubumwe bwa Africa.

Patrick Mazimpaka nyuma y’imirimo inyuranye yari yarahagaritse Politiki ngo aruhuke nk’uko yabitangaje muri Werurwe 2014. Ariko hari amakuru yemeza ko yari yashyizwe ku gatebe koko ngo ari mu bakekwaga kudashyigikira manda ya 3 ya Perezida Kagame no guhindura itegeko nshinga.

Patrick Mazimpaka yashakanye na Dr Jolly Rwanyonga Mazimpaka asigiye abana batatu b’abakobwa.

Padiri Charles MUDAHINYUKA yatabarutse

$
0
0

Padiri Charles Mudahinyuka wahimbye indirimbo ‘Imihigo yacu’ benshi bakunda kita ‘u Rwanda rw’ejo ruzamenya gusoma’, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu aguye aho yakoreraga ubutumwa muri Paruwasi ya Rukoma iherereye muri Diyosezi ya Kibungo.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’Umwepisikopi wa Diyosezi ya Kibungo, Kambanda Antoine, yemeje amakuru y’urupfu rwa Padiri Mudahinyuka wamenyekanye cyane mu muziki wanditse mu buryo bwa gihanga bw’amanota (Solfège).

Yagize ati “Nibyo yitabye Imana muri iki gitondo azize uburwayi. Yari asanzwe afite uburwayi abaganga bamukurikiranagaho. Yaguye mu rugo ariko muganga araza kuduha byinshi.”

Musenyeri Kambanda yakomeje avuga ko Padiri Mudahinyuka yari asanzwe arwara diabète yajyaga izamuka ubundi ikamanuka. Avuga ko atigeze aremba kuko yapfuye agikora imirimo ye ku rwego rw’iyo ashoboye.

Padiri Mudahinyuka ari mu bapadiri 16 babuhawe mu 1980, barimo Musenyeri Justin Kayitana, Jean Damascène Bimenyimana na Musenyeri Kizito Bahujimihigo wigeze kuyobora Diyosezi ya Kibungo.

Musenyeri Kambanda avuga ko ari umupadiri wakoze umurimo we neza kandi akoresha impano y’umuziki yari afite.

Yagize ati “Yari umupadiri witangiye ubutumwa bwe, ku buryo bw’umwihariko yari afite impano y’umuziki yatoje benshi. Yahimbye indirimbo zizwi mu Rwanda hose kandi apfuye akiri muri Paruwasi agisohoza ubutumwa.”

Uyu mupadiri benshi bamuzi ku ndirimbo yitwa ‘Imihigo yacu’ bakunda kwita ‘u Rwanda rw’ejo ruzamenya gusoma’, yamamaye mu kiganiro ‘Urubyiruko rw’u Rwanda’ gitambuka kuri Radiyo Rwanda. Iyi ndirimbo yaririmbwe bwa mbere n’Abafaratiri bo muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda mu 1979/1980.

Hari kandi indirimbo ‘Mwana w’iwacu’ irimo amagambo meza ahamagarira abana b’u Rwanda kuba intwari n’abanyamurava. Ihamagarira abanyarwanda gukunda igihugu cyabo no kuba bakitangira.

Zimwe mu ndirimbo zahimbwe na Nyakwigendera Padiri Charles MUDAHINYUKA:

 

 

Publié par Etienne Ruhatijuli sur vendredi 26 Janvier 2018

Leta ya Israel ikomeje kubwira abimukira b’abanyafrika ko bazoherezwa mu Rwanda

Ba Prezida Trump na Kagame bagiranye ibiganiro i Davos mu Busuwisi


Impanga zigiye guhatanira Miss Rwanda 2018!

Colonel Tom Byabagamba ararwaye bikomeye!

$
0
0

Yanditswe na Ben Barugahare

Amakuru agera kuri The Rwandan kuva kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Mutarama 2018 aravuga ko Colonel Tom Byabagamba wahoze ayoboye abarinda Perezida Kagame arwariye bikomeye aho afungiye i Kanombe.

Nabibutsa ko mu minsi ishize mushiki we Joy Byabagamba yari yumvikanye mu binyamakuru ahamya ko hashize umwaka urenga musaza we Colonel Tom Byabagamba ndetse na muramu we Gen Frank Kanyambo Rusagara badahabwa uburenganzira bwo gusurwa n’abo mu miryango yabo cyangwa inshuti.

Nabibutsa kandi ko muri iyi minsi umurwi w’umuryango w’abibumbye ushinzwe gukurikirana ibyaha byo gufunga abantu ku buryo butubahirije amategeko wafashe icyemezo kivuga ko Col Tom Byabagamba, Gen Frank Rusagara na Sgt Kabayiza bafunzwe mu buryo butemewe n’amategeko ko bagomba gufungurwa ndetse bagahabwa n’impozamarira.

EMMANUEL NDAHIRO WAHOZE UKURIYE IPEREREZA YANGIWE KWINJIRA MW’ISHURI RYA GISIRIKARE MURI AMERIKA

$
0
0

Iyi nkuru yatambutse bwa mbere mu kinyamakuru inyenyeri kw’itariki ya 27/11/2012 mu rurimi rw’icyongereza, ikaba Kandi iri mu gitano cyanditswe na Noble Marara kitwa IKAMBERE KWA PEREZIDA-BEHIND PRESIDENTIAL CURTAINS

Amaze kumenya ko u Rwanda rushaka guterwa muri 1990, kimwe nk’abandi basore bose b’abanyarwanda, Dr Emmanuel Ndahiro yumvishe nawe agomba gutanga umusanzu we akareba icyo yafasha FPR mu bushobozi n’ubumenyi yari afite, ariko we akumva yafasha gusa mubyo yarafitemo ubumenyi (Kuvura) ariko bakamurinda igisirikare. Nibwo yari akirangiza amashuri akiri muto ndetse ari umusore ufite ingufu akaba yarinjiye mu nkotanyi yiteze ko yenda azajya nko muri Komite ishinzwe discipline akajya anavura abasirikare, ntibyatinze koko ahita yinjira mu buyobozi bukuru bw’ingabo (High Command) ahita anaba umuganga wihariye wa Kagame.

Ntibyatinze Kagame atangira kumugira inama yo kwinjira igisirikare ariko undi agakomeza kubyanga, Kagame abonye ko Dr Emmanuel Ndahiro akomeje kwinangira kwinjira igisoda nuko amwumvisha ko yajya gukora imyitozo ya gisirikare yayirangiza akagaruka mu mwanya yari afite wo kuvura no kuba muri high command ko rwose ntawuzamujyana ku rugamba (Akaba aribyo we yangaga)

Kagame abonye ko Dr Ndahiro amunaniye kumwinginga byavuyeho noneho akoresha itegeko ariko amwumvisha ko gukora imyitozo ya gisirikare biri mu nyungu ze kugirango gusa ahabwe ubumenyi bw’ibanze bwo kwirinda (self defence) yakoresha bibaye ngombwa nk’umuntu uzaba akorera mu karere karimo intambara, igihe akibitekerezaho bahita bamutwara ku ngufu mu myitozo nuko aba ahindutse atyo umusirikare kuva ubwo ariko akomeza kuba umuganga wa Kagame kugeza dufashe igihugu.

Yabaye umwe mu bantu ba hafi bakomeye kandi bizewe na Kagame kuburyo yahise azamurwa mu ntera vuba amuvana kuri Capitaine amuha Major, ntibyagarukira aho ahubwo akomeza kuzamurwa na Kagame ubwe kugeza abaye Col Ndibuka ubwo nari mu barinzi kwa Kagame nakundaga cyane kubona Dr Ndahiro buri munsi akaba yari umuntu uzi ubwenge witonda kdi wazaga buri gihe ku kazi yambaye neza, akaba yari afite mu nshingano kwita ku buzima na Psychologiquement-Psychogically (Sinzi ibi uko nabyita mu Kinyarwanda) bya Kagame.

Dr Ndahiro kuko yari umwizerwa yagiye ahabwa imyanya inyuranye kugeza nubwo ashinzwe iperereza, Dr Ndahiro winjiye igisirikare aseta ibirenge noneho aha yaratangiye kwishimira no kubona ibyiza byacyo (Igitinyiro n’icyubahiro) ntibyatinze atangira kugaragara mu bikorwa byo kumena amaraso no gutanga amabwiriza yo kwica kuva ubwo yahise yitandukanya n’umwuga we wo kuvura yica itegeko rigenga abaganga ryo kurengera no gusigasira ubuzima. yatanze amategeko menshi yo kwica inzirakarengane nka Andre Rwisereka washinze ishyaka rya Green Part riyoborwa ubu na Dr Frank Habineza, ndetse anagerageza kwica uwahoze amukuriye ariwe Gen Kayumba Nyamwasa. Iperereza ryakozwe n’inzego z’umutekano za Afurika yepfo zashyize mu majwi Leta y’u Rwanda by’umwihariko Col Dr Emmanuel Ndahiro na Gen Jack Nziza ibi bikaba byaratumye Kagame ahita amukura igitaraganya kuri uwo mwanya kuko ariwe watungwaga agatoki cyane n’ubutabera bwa South Africa.

Hejuru yibyo Umugore wa Dr Col Emmanuel Ndahiro ariwe Umuringa yigeze kwiyambaza Madame Jeannette Kagame ngo amufashe bumvishe Dr Ndahiro ko yari akwiye kureka agakungu yari atangiye kubura nuwahoze ari inshoreke (Girl friend) ye ariyo Linda Bihire wigeze no kuba Ministre imyaka 10 abifashijwemo na Dr Ndahiro nyuma yaho abeshyeye Kagame iby’umubano bari bafitanye ndetse akanamuhisha ko banafitanye Umwana babyaranye mu myaka ya za 90.

Linda Bihire amaze kurangiza amashuri ye mu Bwongereza Dr Ndahiro yagiye kumu Presanta kwa Kagame amubwira ko ngo ari Umwana wifuza gukorera igihugu cye ariko ntiyigera ahingutsa iby’umubano wabo nuko banafitanye umwana nuko Kagame amuha Ubuministre. Umugore we na Jeannette Kagame rero ubwo bazaga kubibwira Kagame yahise arakara ahita amukura ku bu Ministre. Ibyago bya Col Ndahiro byakomeje kwiyongera ubwo Murenzi wari Mubyara wa Linda Bihire wari Kontabule muri Presidence yibaga amafaranga akajya kongera umutungo wa Societe-Campany ye y’ubwikorezi-transport, yahise afungwa kugeza nanubu aracyarimo

Amakuru yizewe aturuka muri Ministere y’Ingabo avuga ko Col Ndahiro Emmanuel yangiwe kwinjira mw’ishuri rya US prestigious Fort Leavenworth military academy muri Leta zunze ubumwe za Amerika, nubwo ari Col mu gisirikare cy’u Rwanda, ariko benshi mu basirikare bagenzi be bemeza ko Dr Ndahiro ari umusivile utarigeze akora ikosi ya gisirikare nka Cadet, Umwe mu basirikare bo ku rwego rwa General abajijwe ibya Ndahiro yarasetse arihirika yibaza ukuntu umusiviri azamuka akarinda aba Colonel, igitangaje cyuyu mugabo nuko n’igihe abandi bari ku rugamba umuriro umeze nabi we na Kagame babaga biryamiye i Kabale na Mbalala bari kwirira Sossiso-sausage

Mu kwa 7 muri 2011 ubwo habagaho guhindagura ingabo, Ndahiro yakuwe mw’iperereza asimburwa na Gen Karanzi Karake, mu gihe Ndahiro yamaze akuriye iperereza yaranzwe n’ibikorwa bya ruswa, ubwicanyi bw’abasiviri n’abasirikare ndetse tutanibagiwe n’umubare munini wabantu bahunze igihugu. Kagame ubu yamushyize ku mwanya utazwi wo gukurira ubushakashatsi n’amateka muri Ministere y’ingabo, amakuru dukura mu bantu bamwegereye akaba avuga ko Ndahiro yibaza impamvu Kagame yamwirukanye mu butasi ntanamubwire byibura n’ikosa yaba yarakoze, amakuru dukura mu bantu bakorana avuga ko ngo Ndahiro yituye hasi akagwa igihumura mu biro bye ubwo yumvaga kuri Radio na TV batangaje ko yavanwe kuyobora ubutasi we ntakintu yarabiziho, kuva ubwo ntarakira aracyarwaye ihahamuka ry’ibyamubayeho.

Ubuyobozi bw’ingabo ndetse n’abacuruzi mu Rwanda bamuziho kugira amatiku, kuba gateranya miryango na ruswa,.inshuro nyinshi yagiye akongeza ibihuha byagiye bigonganisha abantu bikangiza isura ya Perezida Kagame, urugero ni nk’igihe u Rwanda rugirana ibibazo n’ubugande byari byaturutse kuri Ndahiro watanze amakuru y’ibihuha kuri Kagame.

Ndahiro yatangiye kwigunga no kuba mu gihirahiro ndetse akajya agira n’isoni zo guhuza amaso nabo yahemukiye bimuyobeye ajya gutakambira Kagame ngo amusubize kw’ibere Kagame amwemerera kujya kwiga mw’ishuri rya US prestigious Fort Leavenworth military academy (Hamwe nawe muri 90 yagiye kwiga akavayo amazeyo ibyumweru 2) izina rye rikimara gutangwa Leta ya Amerika yahise ihakana byihuse ivuga ko kubw’umutekano w’Abanyarwanda bari muri Amerika itakwemerera umuntu wakuriye akayobora ndetse akanatanga amabwiriza yo kwica abenegihugu batabona ibintu kimwe na shebuja ku butaka bwabo, Kuri Leta zunze ubumwe bwa Amerika, Dr Ndahiro kimwe n’abandi bicanyi bose bari mu gatsiko ibafata nk’abantu babangamiye umutekano w’abanyarwanda bahungiye Kagame iwabo.

Nguko uko Col Ndahiro yagiye azima gake gake gusa twibuke ko n’ubundi yinjiye igisirikare abihatiwe, bivuze ngo iyo atakijyamo cg se Kagame ntakimuhatire ubu tuvugana aba akiri Muganga ari gukora akazi yumva kandi akunze, nta biganza bijejeta amaraso aba adite nkubu, nta n’umutima uba umucira urubanza ko yaragerageje gushaka kwica uwahoze amukuriye ariwe Gen Kayumba Nyamwasa, iyo atishora muri Politiki nta mpamvu yari kuba afite yo kubeshya ko ntacyo apanga n’inshoreke ye
.

NB: Mbibutse ko iyi nkuru yasohotse bwa mbere mu mwaka w’ 2012 icyo gihe Dr Ndahiro akaba yari afite ipeti rya Col, nyuma yaje kugenda azamurwa mu ntera kimwe nk’abandi ubu akaba yarageze kuri Brig Gen, ubu tuvugana afungiwe ahantu hatazwi akaba azira kohereza inkuru zandikwa n’abatabona ibintu kimwe na Leta kuri group whatsapp ya MINADEF mu buryo bw’impanuka, afunzwe yarakuriye ibitaro bya Gisirikare by’i Kanombe

Byanditswe na Noble Marara bishyirwa mu Kinyarwanda na Benito Kayihura

Rwanda: Gufatwa wikoreye ibirayi ngo bisigaye bimeze nko gufatwa wikoreye Kanyanga!

Umugororwa witwa Jotham Nsengiyumva ngo yagerageje gutoroka Gereza araraswa ahita yitaba Imana.

$
0
0

Yanditswe Ben Barugahare

Umugororwa witwa NSENGIYUMVA Jotham mwene NTAHONTUYE na NYIRABAGARURA wavutse 1992 avukira mu Ntara yamajyaruguru, akarere ka Musanze, Umurenge wa  Cyuve, akagali ka Bukinanyana, umudugudu wa Rugeshi yafunzwe 19/03/2014 ku cyaha  cyo kugambanira igihugu, kurema umutwe w’abagizibanabi, gutunga intwaro no kuzikwirakwiza, akatirwa BURUNDU mu ma saha ya saa moya n’igice ( 19:30) ngo yagerageje gutoroka Gereza araraswa ahita yitaba Imana.

Hari saa moya n’iminota 20 ubwo humvikanye urufaya rw’amasasu ahagana mu kibuga cy’umupira inyuma y’inyubako cyangwa igipangu cya Romeo wing na Delta wing (ibamo imfungwa z’abavuye Sierra Léone na Arusha boherejwe n’umuryango w’abibumbye (ONU), abayisiramu 38  bafunzwe 2016, na Nsengiyumva Jotham (wishwe) kimwe na Col Gaheza muri Gereza ya Mpanga I Nyanza.

Amakuru dufite  ni uko uwo mugororwa yasohowe aho yabaga akajyanwa ku kibuga  cy’umupira. Mbere y’uko araswa habanje kuza imodoka y’umuyobozi wa gereza SP John Mukono n’iy’umukuru wa polisi mu karere ka Nyanza abona kuraswa.

Mu iburanisha ry’urubanza rw’abantu 14 bari bakurikiranweho ibyaha byo gukorana na FDLR, ryabereye muri Sitade Ubworoherane y’Akarere ka Musanze ku wa 11 Ukuboza 2014, nibwo Nsengiyumva Jotham witiriwe urwo rubanza yabwiye ubushinjacyaha ko ibyo yakoze byose yabitumwaga kandi bikanaterwa inkunga na Guverineri Bosenibamwe.

Tariki ya 14 Ukuboza 2014, yemereye imbere y’urukiko ibyaha yashinjwaga byose anagaragaza ko uyu mugambi wamenyekanye waterwaga inkunga n’uwari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé.

Icyo gihe yasobanuye ko umuzi w’icyaha ukomoka kuri miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda bemerewe na Bosenibamwe kugira ngo bahungabanye umutekano w’Akarere ka Musanze.

Yavugaga ko Bosenibamwe yatanze izi miliyoni ashaka ko uwari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yasigwa icyasha ku mutekano muke w’akarere ayoboye cyangwa akicwa kugira ngo atazamusimbura ku kuyobora Intara y’Amajyaruguru.

Ubwo abo bantu bakatirwaga ku wa kane tariki ya 12 Werurwe 2015, urukiko rukuru urugereko rwa Musanze ruyobowe na Kayisire Jean Pierre, rwashimangiye ko rutesheje agaciro byinshi mu byavuzwe na Nsengiyumva Jotham harimo n’uruhare rw’abayobozi yatunze urutoki mu maburanisha yari yarabanje.

Urukiko rwasobanuye ko impamvu nyamukuru rwatesheje agaciro ubuhamya bwa Nsengiyumva ari uko Nsengiyumva yananiwe guhuza ibyo yavugiye mu rukiko n’ibyo yabanje kubwira ubugenzacyaha.

Amakuru The Rwandan yashoboye kubona ava muri Gereza ya Mpanga I Nyanza aho Jotham Nsengiyumva yari afungiye aravuga ko ashinjwa cyane cyane kugaba igitero mu karere ka Musanze mu 2012 kigahitana umupolisi mukuru IP Mucyurabuhoro Clément ndetse ngo no gutera Grenade ku rugo rw’umuyobozi w’akarere ka Musanze Bonifride Mpembyemungu.

Twashoboye kumenya kandi ko Jotham Nsengiyumva yari inshuti magara y’umugabo wigeze kurasirwa mu Ruhengeri wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyuve witwa Nsengimana Alfred nawe warashwe bakavugako yashatse gutoroka.

Umuvugizi w’Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa, CIP Sengabo Hillary, yabwiye abanyamakuru ko Nsengiyumva yasimbutse gereza yari afungiyemo ageze hanze abacungagereza baramubona yiruka baramurasa ahita apfa. Abacungegereza ngo baje kugera aho yari amaze kugwa, bamusangana icyuma.

Nk’uko twabivuze haruguru yabanje gusohorwa muri gereza araraswa. Kandi ukurikije aho yari afungiye ntiwakwemeza ko yari agiye gutoroka kuko igipangu cyarindwaga bikomeye kandi icyumba yabagamo cyafungwaga imfunguzo zikabikwa na gereza. Icyo gipangu gifite Camera ikindi muri iyo nzu urenga inzugi 2 zose zifungwa, n’igipangu nacyo kigafungwa n’imfunguzo!

Uko niko yabayeho kuva yafatwa kuko na gereza ya Kigali 1930 yabayemo naho yabaga mu cyumba cya wenyine kirimo aho gukarabira n’aho kwituma nk’uko byari bimeze aho yari afungiye muri gereza ya Nyanza.

Uyu mugororwa nta hantu na hamwe yajyaga atarinzwe bikomeye, haba gusenga gusurwa n’abandi hose yabaga agiye. Ntiyari yemerewe kwidagadura nk’abandi ndetse n’uburinzi ijoro n’amanywa bwari bupanzwe  inyuma neza neza y’icyumba yari afungiwemo. Kandi nawe yari abizi ku buryo atapima akinisha gutoroka.

Amakuru yandi dufite n’uko nyuma yitoroka ry’umunyamakuru Ntamuhanga Cassien , ushinzwe operation ku rwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa RCS  kuwa 02/12/2017 yagiye gukoresha inama muri gereza ya Nyanza ahagarika imbere uyu nyakwigendera Nsengiyumva Jotham , col Michel Habimana na Brigadier General Bizimungu Mahoro Séraphin ababwira ko bagomba kwitonda kuko ngo bazaraswa nibapima gutoroka yanababwiye ko ubutaha yifuza gukora inama byibuze areba imirambo iryamye imbere ye, aho kuhahagarika abantu nk’uko yabikoze.

Iraswa ry’uyu mugororwa rije risanga inkuru zitandukanye zavugaga ko imfungwa za politiki zifungiye muri gereza ya nyanza zizaraswa. Iraswa ry’uyu mugororwa ntagushidikanya ryapanzwe na leta kandi rikozwe nayo. Mwitege rero iraswa ry’abandi benshi kuko n’umugambi wateguwe na leta nkuko tutahwemye kubigaragaza.

Kagame yaciyemo ibice umuryango w’Afrika yunze ubumwe ataranatangira kuwuyobora!

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru agera kuri The Rwandan ava i Addis Abeba harimo kubera inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Afrika yunze ubumwe aravuga ko ibihugu by’Afrika byiciyemo ibice bibiri kubera igitekerezo cya Perezida Kagame cyo gushyiraho umusoro ungana na 0,2% ku bicuruzwa bimwe na bimwe byinjira muri Afrika bivuye hanze yayo.

Alpha Condé, Perezida wa Guinnée wayoboraga umuryango w’Afrika yunze ubumwe mbere y’iyi nama na Moussa Faki Mahamat, Perezida wa Komisiyo y’Afrika yunze ubumwe bakaba baragerageje kumvisha abandi bayobozi b’Afrika ngo bashyigikire uwo musoro. Uwo musoro ngo ukaba ushobora gutuma uwo muryango winjiza angana na Miliyaridi 1,2 z’amadorali ($1.2 billion).

AbaPerezida b’ibihugu bikomeye nka Abdel Fattah al-Sissi wa Misiri na Jacob Zuma w’Afrika y’Epfo bakaba bagaragaza ingingimira bakifuza ko hari ibyahinduka mu mushinga wa Kagame kuko uyu mushinga bivugwa ko uhabanye n’amahame y’umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi kandi ukaba wabangamira inyungu z’ibihugu bikomeye nka Leta Zunze ubumwe z’Amerika zikorana cyane mu bucuruzi n’ibi bihugu biri mu bikize ku mugabane w’Afrika. Kandi ibihugu 5 bikize muri Afrika birimo nk’Afrika y’Epfo, Misiri na Nigeria byonyine ubwabyo bitanga 48% by’akoreshwa n’uwo muryango ku mwaka.

Nk’uko byagaragaye mu nama y’abakuru b’ibihugu yabereye mu muhezo kuri iki cyumweru tariki ya 28 Mutarama 2018, Perezida Kagame ushyigikiwe n’ibindi bihugu birimo Maroc ngo uwo mushinga yazanye ugamije kugira ngo umuryango w’Afrika yunze ubumwe ushobore kugira ubwigenge mu by’umutungo kuko kugeza ubu uwo muryango mu mafaranga ukoresha 2/3 ava mu mfashanyo ziva hanze y’Afrika.

Icyo gitekerezo cya Perezida Kagame kirwanywa bikomeye n’itsinda ry’ibindi bihugu by’Afrika birangajwe imbere n’Afrika y’Epfo n’Algeria bisanga Perezida Kagame ashaka gukoresha igitugu ngo nk’uko agikoresha mu gihugu cye agashaka ko ibintu bikorwa hatabanje kubaho kujya inama mu buryo buhagije hagati y’ibihugu by’Afrika nk’uko bisanzwe ari umuco mu mikorere y’umuryango w’Afrika yunze ubumwe.

Kuri benshi bakora isesengura kandi bamenyereye imikorere y’umuryango w’Afrika yunze ubumwe  bakaba banamenyereye gukurikirana imikorere y’imiryango ihuza ibihugu barahanya ko Perezida Kagame bishobobora kumugora kuyobora umuryango w’Afrika yunze ubumwe kubera imikorere y’uwo muryango isaba ibiganiro byinshi no kujya inama ku bintu byose ndetse no ku byemezo bifatwa, ibi bikaba bihabanye n’imikorere ya Perezida Kagame umenyereye gutegura ibintu mu karwi gato bakorana maze ibyo bintu bigahabwa abandi ngo babishyire mu bikorwa badahawe umwanya wo kubyigaho ndetse rimwe na rimwe badafite uburenganzira bwo kubijora. Ngo Perezida Kagame arimo gukoresha uko ashoboye ngo asige yubatse izina mu muryango w’Afrika yunze ubumwe.

Bikaba bivugwa ko Perezida Kagame yari Addis Abeba mu nama y’Afrika yunze ubumwe yatanginye ku wa 28 ikaba igomba kurangira ku wa 29 Mutarama 2018 aherekejwe n’ikipi y’abajyanama be 9 yari avanye nabo i Davos mu Busuwisi mu nama ya WEF (World Economic Forum) iyo kipe akaba yarayifashishije mu gutegura uburyo umuryango w’Afrika yunze ubumwe wagira icyerekezo kigana cyane cyane ku bukungu kurusha kuri politiki nyuma y’aho asabiwe na Perezida Idris Debi wa Tchad gukora amavugurura muri uwo muryango mu 2016.

Hari abashinja Perezida Kagame kuba we n’agakipe ke barakoze bitaruye abandi bikaba bikekwa ko ibihugu by’Afrika bishobora kwisanga byatuweho ibintu bihubukiwe bitatekerejweho bihagije cyangwa ngo biganirweho hagati y’ibihugu. Uwo murongo ukaba ufitwe n’ibihugu byo muri Afrika y’amajyepfo byibumbiye mu muryango SADC bibona gahunda za Perezida Kagame zigamije kwibonekeza no kwiha umwanya adakwiye muri Afrika mu gihe afite agahugu gato kadafite n’ingufu z’ubukungu.

Hari umudiplomate umwe w’umunyafrika wagereranyije Perezida Kagame nk’umukuru w’umudugudu wibwira ko ibyo yakoze mu mudugudu we ashobora kubikora mu mujyi munini, ati: hano ibintu siko bigenda!

Benshi mu bakuru b’ibihugu badashyigikiye Kagame bakaba bumva yakagombye gukora ibyo akora umwaka warangira akagenda dore ko hari impungenge z’uko ashobora gukoresha amayeri y’uko amategeko y’Afrika yunze ubumwe yavugururwa ku buryo bimushobokeye yakwiyongeza ikindi gihe ku buyobozi bw’uwo muryango cyangwa agakomeza kugira ijambo rikomeye mu mikorere yawo yitwaje kurangiza gushyira mu bikorwa amavugurura azaba yaratangiye.

Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rushinzwe abagororwa yasobanuye impamvu barashe Jotham Nsengiyumva


Umukuru w’abatavuga rumwe na Leta muri Israel aramagana igikorwa cya Leta y’u Rwanda cyo kuvuga ko Genocide yakorewe abatutsi gusa!

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Amakuru dukesha ikinyamakuru The Times of Israël aravuga ko umukuru w’abatavuga rumwe na Leta muri Israël yagereranyije ibishaka gukorwa mu gihugu cya Pologne byo kuvuga amateka y’itsembabwoko ry’abayahudi ukundi n’ibyo Ministre w’intebe wa Israël Benjamin Netanyahu yashyigikiye by’uko amateka ya Génocide mu Rwanda yandikwa ukundi.

Mu gihe hari ikibazo gikomeye cya Diplomasi hagati ya Israël n’igihugu cya Pologne ku bijyanye n’itegeko ritegenya kuzajya rihana uzavuga wese ko abanyapologne bagize uruhare mu itsembabwoko ry’abayahudi ryakozwe n’abanazi, Perezida w’ishyaka ry’abakozi muri Israël, Avi Gabbay yareze Leta ya Ministre w’intebe Benjamin Netanyahu ko bashatse kwigana ibyakozwe n’abanyapologne ashaka kwandika amateka bundi bushya mu gihe yashyigikiraga igikorwa cya Leta y’u Rwanda kitavugwaho rumwe cyo kubatiza ukundi umunsi wo kwibuka Genocide yabaye mu Rwanda mu 1994.

Avi Gabbay avugira mu nama ikorwa buri cyumweru y’ishyaka rye, yatangaje ko Israël igomba gukora ibiri mu bushobozi bwayo byose igahagarika umushinga w’itegeko wa Pologne wo kubuza ikoreshwa ry’interuro “ibigo by’ubwicanyi byo muri Pologne” waba itegeko.

Yavuza ko yizeye ko icyo gikorwa cyo gushaka guhindura amateka kitazashoboka kuko kizatiza umurindi imyitwarire yo kwanga abayahudi.

Ariko Avo Gabbay yanenze bikomeye Leta ya Israël kuba yaratije umurindi ikindi gikorwa kijya kumera nk’ikiri gukorwa muri Pologne cyo gushaka kuvuga amateka uko atari.

Yagize ati:

« Leta ya Israël igomba guha agaciro politiki yayo mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga, ariko ako gaciro ntabwo kagomba gishyirwa hejuru ngo gapfukirane ukuri, ni ngombwa ko tugomba guhangana n’amashyaka y’abahezanguni akwirakwiza ubutumwa bw’urwango rw’abanyamahanga, ubwoba, ivangura, ubugambanyi, guhiga abo bita abanzi mu baturage babo, abafata abatavugarumwe nabo nk’abanzi, ayo mashyaka agashaka kwitwikira demokarasi kugira ngo asibanganye ukuri.»

«Kubera kumenyera amakuru y’ibinyoma noneho barashaka kwandika amateka bundi bushya. Ni nk’iby’iri tegeko ryo muri Pologne kandi ni kimwe n’ibyasabwe na Leta y’u Rwanda mu cyumweru gishize.»

Leta ya Israël yashyigikiye umwanzuro wazanywe na Leta y’u Rwanda usaba ko umunsi wo kwibuka Genocide wagenerwa abishwe bo mu bwoko bw’abatutsi gusa, icyo gikorwa kikaba cyaragaragaye nko gushaka kudaha agaciro ibihumbi n’ibihumbi by’abahutu bishwe mu gihe cya Genocide yo mu 1994.

Ejo hashize byatangajwe ko mu gihe uwo mwanzuro utari ushyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ibihugu by’iburayi, Israël yo yarawushyigikiye mu rwego rw’amasezerano y’impande zombi nk’ingurane y’uko Leta y’u Rwanda yemeye kwakira abimukira n’impunzi b’abanyafurika Leta ya Israël ishaka kwirukana hakurikijwe itegeko ryatowe rishya n’inteko ishingamategeko ya Israël.

Avi Gabbay avuga ko Israël itagomba gukoresha cyangwa kwigana imikorere y’amashyaka y’abahezanguni y’i Burayi wagereranya n’iya Leta y’u Rwanda.

Nabibutsa ko Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ku wa Gatanu ushize ari bwo yemeje bidaciye mu itora ko itariki ya 7 Mata buri mwaka, iva ku kuba “Umunsi Mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside yo mu 1994 mu Rwanda” nk’uko byavugwaga guhera mu 2004, ikagirwa ”Umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda”.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ntibyashimye uwo mwanzuro bivuga ko bidatanga umwanya wo kwibuka abantu bose bishwe muri icyo gihe.

Kelley Currie, wari uhagarariye Leta Zunze ubumwe z’Amerika yavuze ko guhindura inyito bidaha agaciro byuzuye ubukana bwa Genocide n’ubundi bugizi bwa nabi bwakorewe andi moko.

Eric Chaboureau wari uhagararariye umuryango w’ubumwe bw’u Burayi yatangaje ko hagombaga kubanza kubaho kuganira mbere yo kwemeza umwanzuro ufite uburemere bungana kuriya.

Raila Odinga, umunyapolitike utavuga rumwe na leta, kuri uyu wa kabiri yirahije nk’umukuru w’igihugu cya Kenya.

$
0
0

Odinga w’imyaka 73 wahakanye ibyavuye mu matora yatsinzwemo na Perezida Uhuru Kenyatta, yavuze ko yarahiriye kuba “Perezida w’abaturage”.

Yarahiriye imbere y’ibihumbi by’abayoboke b’ihuriro NASA rigizwe n’amashyaka atavuga rumwe na leta mu murwa mukuru Nairobi mu busitani bwitiriwe ‘Uhuru’. Kalonzo Musyoka wagombaga kurahira nka visi perezida we ntiyabonetse muri uwo muhango.

Odinga yikuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yasubiwemo mu kwezi kwa cumi umwaka ushize. Ayo matora yatsinzwe na Kenyatta ku majwi 98 ku ijana.

Raila Odinga

Raila Odinga kuri uyu wa kabiri yarahiye nk’umukuru w’igihugu ca Kenya imbere y’ibihumbi vy’abakunzi b’urunani rwiwe National Super Alliance Nasa. Odinga yavuze ko we ari “ perezida w’abanyagihugu”

Publié par VOA Radiyoyacu sur mardi 30 Janvier 2018

Ayo matora yasubiwemo nyuma yuko urukiko rw’Ikirenga muri Kenya rutesheje agaciro ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye ku itariki 8 y’ukwezi kwa munanu umwaka ushize bitewe n’ibibazo byayagaragayemo.

Ministiri w’ubutabera wa Kenya Githu Muigai yari yabwiye Odinga ko aramutse yirahije azashinjwa icyaha cyo kugambanira igihugu gihanishwa igihano cyo kwicwa.

Mbere y’uko arahira ibitangazamakuru birimo televiziyo zigenga byafunzwe ubwo byageragezaga gutambutsa ibijyanye n’uwo muhango.

Kenya Raila Odinga

Raila Odinga, umunyapolitike utavuga rumwe na leta, kuri uyu wa kabiri Yirahije nka Perezida w'Abanyakenya

Publié par VOA Radiyoyacu sur mardi 30 Janvier 2018

Rwanda Revenue Autority irahakana ko itafunze uruganda rwa Rwigara rw’itabi

Imitungo yo kwa Rwigara ishobora Gutezwa Cyamunara

$
0
0

Nta gihindutse imitungo yo kwa Rwigara noneho ngo ishobora gutezwa Cyamunara nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro. Kirabashinja kutishyura imisoro miliyari eshanu na miliyoni 600 z’amafaranga.

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro mu Rwanda, Rwanda Revenue Authority kiratangaza ko kitabashije guhita giteza mu cyamunara imwe mu mitungo abagize umuryango wa Rwigara kubera impamvu zishingiye ku mategeko.

Kuri uyu wa gatatu cyatangaje ko mu mpera z’ukwezi kwa Kabiri gishobora kuzateza cyamunara iyo mitungo.

Kirabishyuza imisoro ibarirwa muri miliyari eshanu na miliyoni 600 z’amafaranga. Abagize umuryango bo bavuga ko iyo misoro batayemera ahubwo ko ishingiye kuri politiki.

Umumenyeshamakuru w’Ijwi ry’Amerika mu Rwanda Eric Bagiruwubusa niwe yakurikiranye aya makuru.

Rwanda: Ku munsi w’intwari bamwe mu baturage bari bibereye mu mirima yabo!

$
0
0

Yandiswe na Jean Michel Twagirayezu

Umunyarwanda yaciye umugani ati” Inkoni ivuna igupfa ntivura ingeso” kuri uyu wa kane tariki ya 1 Gashyantare 2018, u Rwanda rwizihizaga umunsi w’intwari, aho bari bashishikarije Abanyarwanda kwitabira ibiganiro mu midugudu y’aho batuye, ariko ku rwego rw’Igihugu bikaba byaberaga ku rwibutso rw’intwari ziri mubika 3 aribyo Imanzi, Imena ndetse n’Ingenzi aho bashize urwibutso rwabo i Remera mu mujyi wa Kigali.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka yagiraga iti:”Dukomeze ubutwari tunubaka U Rwanda”. Gusa icyaje kugaragara mu midugudu yo mu cyaro nta gaciro bamwe bigeze babiha, kuko hamwe hagombaga gukorerwa ibiganiro wasangagayo mbarwa, noneho mu masaa tanu z’amanywa hakeye nibwo Dasso, na bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bafashe umwanya bajya mu mpinga z’imisozi bagenda babwira abari guhinga ko bamanuka bakajya mu biganiro, gusa byageze mu ma saa sita aho abaturage bagombaga guhurira harangwaga mbarwa.

Nyuma y’ibi hafashwe umugambi wo kujya kuzana abari mu mpinga z’imisozi mu minima ku ngufu n’igiti (inkoni), ubacitse bakamwambura isuka ye bakayitwara. Ibi ni bimwe byaranze uduce two mu byaro bimwe na bimwe cyane cyane ahagana mu Karere ka Gicumbi nko mu mirenge wa Mutete na Mukarange.

Umuhango nyamukuru waberaga ku gicumbi cy’Intwari i Remera mu mujyi wa Kigali, Perezida Kagame yashyize ku mva indabo afatanije na bamwe mu bayobozi barimo ba minisitiri, nyuma baje gufata umunota wo kwibuka bucece, nta kindi kintu kiyongeyeho bahise babwira abari aho ko umuhango washojwe barataha.

Mu byari ku murongo w’ibyigirwa muri iyo midugudu harimo kubwira urubyiruko ibijyanye n’ubutwari, kandi ko ubutwari butagombera kuba uri umuntu mukuru, aha batanga urugero ku banyeshyuri b’I Nyange bari mu gice kitwa ingenzi.

Kuri uyu munsi mu Rwanda bizihizaga uno munsi bibuka ngo intwari zitangiye igihugu ziri mubika 3,  Aribyo Imanzi ,Imena,Ingenzi.

Imanzi: bavugamo Fred Gisa Rwigema
Imena: bakavugamo Agathe Uwiringiyimana, Niyitegeka Félicité,..
Ingenzi: Bavugamo Abanyeshyuri b’I Nyange..

Wakwibaza abo Leta y’u Rwanda yita intwari yashyize muri ibi byiciro hagendewe kuki?N’abandi birashoboka ko bakigwaho mu gihe gitaha mushobora kuzumva abandi bazashyirwa muri ibi bika, kuko ubishyiraho Kagame Paul ntaho yagiye, kandi abambari be bakaba nta kintu bahinduraho ahubwo baza bashimangira ibyo yashyizeho.

Ni koko urubyiruko nirwo mbaraga z’Igihugu, tugarutse mu nce zagaragayemo igitugu kuko bari bagiye mu mirimo yabo nk’uko bisanzwe. Nk’umuntu w’urubyiruko iyo bamusangaga ari mu mpinga bamumanuraga n’igiti (inkoni), aho kumujyana mu biganiro bakamukomezanya no ku murenge kuko baba bumva ko ari rwo rufite icyo abayobozi bita ingengabitekerezo.

Ubundi kuri uyu munsi tariki ya 1 Gashyantare 2018 nibwo hari hitezwe ko Perezida Kagame Paul ashyira mu bikorwa ibyo yemeye ubushyize, Byari tariki nk’iyi, aho yari yavuze ko ateganya kubaka ku Murindi wa Byumba igikorwa cy’ikitegererezo kuko ari ho haba indaki ye anakesha ko ari ho hamuhaye umugisha wo gutsinda urugamba. Akaba akunda kuza aho ku Murindi wa Byumba, ubu ni mu murenge wa Kaniga benshi bakabitindaho bavuga ko aba aje kuhasengera avuga ati Mana warakoze.

Viewing all 3259 articles
Browse latest View live