Quantcast
Channel: Amakuru Archives - Umunyarwanda
Viewing all 3258 articles
Browse latest View live

Kenya:imyigaragambyo yo gusaba ko imfungwa za politiki zafungurwa mu Rwanda


Urubuga Isimbi rwasuye ba bageni bambaye kamambiri mu gusezerana

$
0
0

Ndahimana Narcisse w’imyaka 42 aherutse gusezerana imbere y’amategeko n’umugore we Mutuyemariya Consilie w’imyaka 33. Ubu bukwe bwabaye ku wa 29 Ugushyingo 2018 i Shyogwe mu Karere ka Muhanga.

Amafoto yabo yarakwirakwijwe bikomeye ku mbuga nkoranyambaga abenshi bibaza cyane kuri ubu bukwe. Byabanje gufatwa nka filime y’urwenya yarimo ikinwa, abandi bahise bakorwa ku mutima no kubona Ndahimana asezerana yambaye kamambiri n’imyenda ishaje kandi isa nabi.

Uru rugo rufite inkuru ikomeye kandi iteye ikiniga ukurikije uko basobanura ubuzima babayemo iwabo ahitwa mu Kinini. Iriya karuvati yasezeranye yambaye niyo yasigiwe na se, yabuze inkweto yambara kubera ubukene ahitamo kwambara izisanzwe zimenyerewe nk’izikarabirwamo kandi nazo zishaje.

Urubuga ISIMBI, rwasuye uru rugo rugirana nabo ikiganiro kirambuye, gikubiyemo byinshi ku buzima bwabo…

PRESSURE HANO ??

$
0
0

Ukuri n’uko Kagame na Leta ye ya RPF bari kotswa igitutu impande zose kuburyo bitazabakundira gukomeza ubugizi bwa nabi bagirira abanyarwanda, bidegembya nkuko bamenyereye.
Mureke dukomeze kumwotsa igitutu duharanire ko abanyarwanda batakomeza guhonyorwa n’ubutegetsi bwa RPF.

www.amahoriwacu.org
Facebook.com/peaceathome
Twitter @amahoriwacu2017

Suzanne Bonamici, umushingamategeko wa Amerika, yavuze icyo atekereza ku rubanza rwa Diane Rwigara

$
0
0

Bamwe mu bagize inteko ishingamategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, basaba leta y’u Rwanda kwita ku rubanza rwa Diane Rwigara, bavuga ko ari “ingenzi ko umuntu akora politike mu mahoro ntibimuviremo gutabwa muri yombi ngo ahinduke imfungwa ya politike”.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabiye Diane Rwigara igifungo cy’imyaka 22, ashinjwa ibyaha birimo kugumura rubanda no kuyangisha ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Ashinjwa ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano ubwo yashakaga imikono y’abamushyigikiye ngo abe yashobora kwiyamamaza mu matora ya perezida yabaye mu mwaka wa 2017, amatora Perezida Paul Kagame yatsinze n’amajwi arenga 99%.

Diane Rwigara w’imyaka 37 y’amavuko, ahakana ibyo aregwa, akavuga ko bishingiye ku mpamvu za politike.

Umwe muri abo bagize inteko ishingamategeko y’Amerika, ni Suzanne Bonamici.

Yabwiye ikiganiro Newsday cya BBC ati: “Ndabizi ko leta y’u Rwanda iri gukurikiranira hafi ibyo turimo kuvugira hano mu nteko kandi ntekereza ko ari ingenzi gutanga ubu butumwa.

“Ndabizi ko hari iterambere ryatewe mu Rwanda mu bukungu, by’umwihariko nyuma ya jenoside, kandi ndabizi ko hari abagore benshi bari mu nzego z’ubutegetsi mu Rwanda – iki kikaba ari ikintu cyiza.

“Ariko ntitwakwemera ko ibyo bipfukirana ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu n’uburenganzira muri politike.

“Niba abagore bari mu myanya y’ubutegetsi, bagomba kwemererwa kuba mu mwanya uwo ari wo wose w’ubutegetsi harimo no kuba perezida, bitarinze bituma umuntu aba imfungwa ya politike.

“Kandi ukwisanzura mu gutanga ibitekerezo, kw’ingenzi mu bihugu bigendera kuri demokarasi, niba habaye amatora yagombye kuba mu mucyo no mu bwisanzure, kandi ntibigaragara na busa ko aheruka [mu Rwanda] yakozwe mu mucyo no mu bwisanzure”.

Leta y’u Rwanda yakomeje kuvuga ko iki ari ikibazo kiri mu maboko y’ubucamanza, ko ubucamanza butagomba kotswa igitutu na politike, kandi ko Amerika ahubwo ikwiye kwita ku bibazo byayo n’Abanyamerika.

Madamu Bonamici yagize ati: “Ndabizi ko ari ko bavuga [leta y’u Rwanda]. Ariko icyo twe twavuga ni uko iyo umuntu ashobora kuba yakatirwa igifungo cy’imyaka 22, kubera ko ashatse kujya muri politike mu mahoro nkuko abyemererwa n’amategeko, uko ni uguhonyora uburenganzira bwa muntu.”

“Kandi birakwiye ko inteko [y’Amerika] n’abantu batandukanye bo ku isi babikurikiranira hafi.

“Nanone urebye iterambere ryagezweho, niba Perezida Paul Kagame ashaka kwerekana ko mu Rwanda ari amahoro, kandi ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa, gutangira neza kwaba kurekura abafungiwe ibitekerezo byabo.

Madamu Bonamici yavuze ko atazi neza niba urubanza rwa Diane Rwigara rushobora guhindura bikomeye umubano w’u Rwanda n’Amerika.

Ariko yavuze ko azi ko hari abandi bo mu nteko y’Amerika baturuka mu mashyaka yombi, iry’abarepubulikani n’iry’abademokarate, bari gusaba ko urubanza rwe rukurikiranirwa hafi.

Byitezwe ko urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Adeline Mukangemanyi rusomwa kuri uyu wa kane, ku itariki ya 6 y’uku kwezi kwa cumi na kabiri.

BBC

Pierre Buyoya aravuga ko gukurikinwa kwe bishobora guteza imidugararo mu Burundi

Nyakwigendera George H W Bush ari mu bafashije FPR na Uganda

Pierre Buyoya ngo ntabwo atewe ubwoba n’impapuro zo kumufata

Ibyishimo mu rukiko nyuma y’aho abo kwa Rwigara bagiriwe abere!


Diane Rwigara na nyina Adeline Mukangemanyi bagizwe abere.

$
0
0

Kuri uyu wa kane tariki 6 Ukuboza 2018 nibwo habaye isomwa ry’Urubanza rwa Diane Rwigara n’umubyeyi we Adeline Mukangema mu cyumba cy’Urukiko Rukuru ku Kimihurura

Saa munani n’umunota, nibwo Inteko iburanisha yari yinjiye mu cyumba, umucamanza abanza kwibutsa ko gufata amashusho n’amafoto nta burenganzira byatangiwe, bibujijwe.

Mukangemanyi Adeline na Diane Rwigara bageze ku rukiko mu rukiko bambaye imyambaro y’ibitenge.

Umucamanza yahereye kuri Mugenzi Thabita Gwiza, Mukangarambe Xaverine, Mushayija Edmond alias Sacyanwa na Jean Paul Turayishimiye, bose bari mu mahanga, bakekwaho kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.

Iki cyaha kiregwa na Mukangemanyi mu buryo bumwe, bw’ibiganiro byagiye binyuzwa kuri WhatsApp. Umucamanza yavuze ko igisuzumwa ari ukureba niba ubwo butumwa bwari bugenewe abantu muri rusange. Umucamanza yavuze ko igisuzumwa ari ukureba niba ubwo butumwa bwari bugenewe abantu muri rusange.

Kuri Diane Rwigara, urukiko rwasuzumye niba kuba yarahamagaje itangazamakuru ari ukumenya niba ibikubiye mu butumwa yatanze bugamije kwangisha abaturage ubutegetsi, gutera rubanda intugunda agamije kubyutsa imidugararo muri Repubulika y’u Rwanda. Ku cyaha cyo guhimba inyandiko, kwari ukureba niba mu mikono yatanze harimo imikono mihimbano no kureba niba hari aho yiganye imikono y’abantu, cyangwa niba yarayikoresheje azi ko ari imihimbano.

Nyuma yo kumva ubwiregure bwa Mukangemanyi kuko ari we wabonetse, ku cyaha cyo gukoresha amagambo agamije guteza imvururu, umucamanza yavuze ko icyaha kibaho iyo ijambo ryakoreshejwe mu ruhame.

Urukiko rukaba rusanga igisuzumwa ari ukuba amajwi Mukangemanyi n’abo baregwa hamwe yaravugiwe mu ruhame kuko kuba ari imvugo nta mpaka bigibwaho.

Yavuze ko icyo urukiko rushingiraho rurega Mukangemanyi ari amajwi yifashe akoherereza Mugenzi, Mushayija na Mukangarambe cyangwa ayo bagiye bamwoherereza, harimo aho Mukangemanyi yavugaga ko ‘aba bantu nta mbuto yo gutegeka bafite, icyo bazi ari ukwica gusa’.

Umucamanza yavuze ko mu biganiro bagiranaga, bigaragara ko ari nk’aho umuntu yasaga n’aho abwira undi nk’abari kumwe, akifata amagambo akoherereza undi, nk’aho ari umuntu umwe ubwira undi bari kumwe.

Icyakurikiye ngo kwari ukureba niba ari imvugo zavugiwe mu ruhame, itegeko rikaba risobanura ko uruhame ari ahantu hateraniye abantu barenze babiri, cyangwa ubutumwa butangajwe hakoreshejwe internet cyangwa itangazamakuru.

Gusa ngo iyo ari ubutumwa bwoherejwe bifatwa nk’uruhame ari uko ubwohererejwe aba ashobora nawe kubwoherereza undi, kandi ngo uwohereje aba afite ubushake ko ibyo yohereje bikwirakwizwa.

Gusa ngo hano byagaragaraga ko ari ubutumwa bwabaga bwohererejwe umuntu umwe, nta bushake bwo kubugeza ku bantu benshi.

Bityo ngo ubutumwa bw’aba baregwa ntibwafatwa nko gukwirakwiza kuko bishingirwa ku butumwa umuntu yageneraga mugenzi we, butagenewe abantu benshi.

No kuba bose baregwa, ngo ntabwo byafatwa nko “gushishikariza”, kuko nta muntu ubushinjacyaha bwagaragaje ko yashukaga abandi, ari nayo mpamvu bose bwabakurikiranye.

Umucamanza yagarutse ku rubanza rwa Bizimungu Pasiteri na Ntakirutinka baregwaga gushishikariza abandi kujya mu migambi mibi, aho Pasiteri yaregwaga kuvugira mu nama zo gushinga ishyaka PDR Ubuyanja ko ubutegetsi buvangura, buyobowe n’abatutsi n’ibindi. Kandi ngo ntaho byagaragaye ko ubwo butumwa bwagejejwe kuri rubanda.

Ni yo mpamvu ngo nk’ibintu byavugiwe mu nama itari uruhame, muri urwo rubanza bitarahanwe nk’ibyavugiwe muri rubanda. Ku bw’ibyo ngo amajwi y’abo kwa Rwigara ntiyari agenewe rubanda, yari ay’umuntu ku giti cye, bitandukanye n’icyaha gihanwa n’ingingo ya 204 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Ku bw’ibyo urukiko rusanga ibyo Mukangemanyi Adeline na bagenzi be baregwa bitagize icyaha baregwa. Ku cyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri kiregwa Mukangemanyi, umucamanza yasobanuye ko kibarwa iyo hari nk’amagambo ashobora gutera intugunda bishingiye ku ivangura, kandi hakaba hari uri kubyinjizwamo, kubikangurirwa.

Umucamanza yavuze ko urukiko rusanga Ubushinjacyaha burega Mukangemanyi na bagenzi be iki cyaha, bushingiye ku majwi, avuga ko leta yigaruriye abantu baturutse i Burundi n’Abagogwe kandi ngo ari bo bakora ubwicanyi, agasaba Tabitha kutegera bene abo bantu.

Ngo muri ayo majwi hari n’aho yavuze ko Mucyo Jean de Dieu yishwe ahondaguwe imihini, ko umuherwe Rwabukumba yishwe bakabeshya ko yiyahuye n’abandi. Umucamanza yavuze ko nabyo bihurira ku kuba amajwi yashingiweho yarahererekanyijwe, kandi ngo ntaho bigaragara ko ayo majwi hari uwo “yashishikarije” kuko bombi iki cyaha bakiregwa, bityo Ubushinjacyaha bugomba kugaragaza uwo ayo majwi “yashishikarizaga”.

Yavuze ko ubusanzwe iyo abantu bahuje umugambi bititwa gushishikariza, ahubwo byaba gucura umugambi cyangwa kugambana, kurusha gukurura amacakubiri nk’uko babiregwa. Ngo byari kuba icyaha iyo babikangurira abandi.

Umucamanza yavuze ko nubwo Mukangemanyi na bagenzi be bohererezanyije amajwi, bitafatwa nko gutangaza. Yavuze ko hanashingiwe ku zindi manza zaciwe, kuganira ibintu hagati y’abantu babiri bidahagije ngo bigire icyaha kuko bitaba ari uruhame.

Yongeye gutanga urugero ku rubanza rwa Pasiteri Bizimungu rwaciwe n’urukiko rw’Ikirenga, aho rwemeje ko nta kimenyetso cyerekana ko ibyavugirwaga mu nama zo gushinga ishyaka PDR…Ubuyanja byageraga kuri rubanda, kuko byavugwaga n’abantu bahuje umugambi, ntibijye hanze, bityo ntibyafatwa nk’icyaha.

Umucamanza yavuze ko kuba Ubushinjacyaha butaragaragaje ko ubutumwa bw’amajwi bagiye bahererekanya hari ahandi bwageze cyangwa nko ku mbuga nkoranyambaga ari bo ubwabo babikoze, bitakwitwa icyaha, ati “bityo nta cyaha cyo gukurura amacakubiri cyakozwe.”

Kuri Diane Rwigara, ku cyaha cyo gukurura imvururu hashingiwe ku kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, abamwunganira bireguye ko yatanze ibitekerezo bye bwite kandi abyemererwa n’Itegeko Nshinga, ndetse ko atavugishaga rubanda kuko yabwiraga abanyamakuru b’umwuga…..

Gusa Umucamanza yavuze ko nubwo umuntu yemererwa n’Itegeko Nshinga gutanga ibitekerezo, itegeko rigena ko bitagomba kubangamira ituze rya rubanda n’imyitwarire mbonezabupfura.

Umucamanza yavuze ko icyarebwe ari ukumenya niba Diane yarangishije rubanda ubutegetsi cyangwa yari agamije gukurura imvururu.Umucamanza yavuze ko hari ibyo Ubushinjacyaha burega Diane ko ari ukwamamaza ibihuha agamije kwangisha abaturage ubutegetsi, guteza imidugararo n’uko abanyarwanda basubiranamo……We akavuga ko ari ukuri nk’akarengane mu kwimura abantu ku nyungu rusange, ko ubukungu buri mu bantu bamwe, ko abantu baburirwa irengero n’ibindi, kandi ubuyobozi ntibugire icyo bukora.

Umucamanza yagaragaje ko urubanza rwa Deo Mushayidi rwari rwasabwe gushingirwaho, rutashingirwaho kuko we icyo gihe yakoresheje inyandiko kandi akabyiyemerera.

Yavuze ko icyo ubushinjacyaha bwashingiragaho burega Diane kwangisha abaturage ubutegetsi cyangwa guteza imvururu yamamaza ibihuha, hatagaragazwa uko byakozwe kuko hatarebwa gusa kuba amagambo yavuze afatwa nk’atari ay’ukuri.

Umucamanza yavuze ko itegeko ry’u Rwanda n’amasezerano mpuzamahanga byemerera umuntu gutanga igitekerezo nubwo byagira uwo bishimisha cyangwa bidashimisha, kikaba cyaba icyaha igihe cyabangamira ituze rusange.

Umucamanza yavuze ko icyaha cyo gukangurira rubanda kwanga ubutegetsi bibarwa ari uko habaye gushishikariza abantu kwivumbagatanya kandi bikanyuzwa mu buryo butaziguye. Yavuze ko urukiko rusanga bikwiye kugaragazwa mu buryo butari ukugenekereza ko yashishikarije abantu gukora ibyaha aregwa.

Urukiko rwavuze ko rusanga kuba ubukungu buri mu maboko y’abantu bari mu ishyaka riri ku butegetsi, kuba hari abantu baburirwa irengero, kuba Komisiyo y’Amatora ikora ibyo itegetswe, ngo uretse kuyasubiramo, ntaho byagaragajwe ko ayo magambo ateza imvururu.

Umucamanza yavuze ko Ubushinjacyaha bwagombaga kugaragaza ko amagambo ye ateza intugunda cyangwa imidugararo, ariko ko bitakozwe, bityo icyo cyaha kitamuhama. Umucamanza yavuze ko urukiko rusanga amagambo Diane Rwigara yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru, ntaho ubushinjacyaha bwagaragaje ko ateza imvururu.

Ku cyaha kijyanye n’impapuro mpimbano yakoresheje ashaka kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu 2017 Umucamanza yahereye ku busabe bw’uwunganira Diane Rwigara, Me Buhuru Pierre Celestin, wavugaga ko mu gukurikirana iki cyaha hagenderwa ku itegeko rigenga amatora, aho kuba igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Umucamanza yavuze ko mu itegeko rigenga amatora harimo ngo “bitabangamiye ibiteganywa n’andi mategeko” cyangwa ngo “bitabujijwe ko hafatwa ibihano bikomeye”, bityo ibyo Me Buhuru umwunganira yasabaga nta shingiro bifite kuko ryemera ko n’andi mategeko yakwifashishwa.

Umucamanza yavuze ko Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hari abantu Diane yagiye yaka imyirondoro ababwira ko agiye kubashakira akazi ko kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi. Agashakisha imyirondoro yagiye ikorwa ahantu hatandukanye n’ibindi, akayishyira ku rutonde rwe yashyikirije Komisiyo y’Amatora, akanabahimbira imikono.

Bwanagaragaje ko isuzuma rya Kigali Forensic Laboratory (KFL) ryerekana ko imikono yakoreshejwe yiganywe, ariko ngo kuba KFL yerekana ko imikono ari imihimbano, icyo bifasha ubushinjacyaha ari ikimenyetso cyo gutangira iperereza, si igihamya ko Diane ari we wayihimbye.

Bityo ngo Ubushinjacyaha ntibugaragaza uko byagiye bikorwamo ku buryo buvamo ibyaha bya Nshimiyimana Diane Rwigara. Ikindi ni uko mu turere two hanze ya Kigali, Diane yari afite abamusinyishirizaga bityo babazwa ibyo bakoze.

Kuba Diane Rwigara ngo yarajyanye imikono mihimbano muri Komisiyo y’Amatora, Ubushinjacyaha nabwo ngo nibwo bwagombaga kugaragaza ko yayijyanyeyo abizi ko ari imihimbano.

Kuba Ubushinjacyaha butagaragaza ko Diane yashyikirije iyo mikono Komisiyo y’Amatora azi neza ko ari imihimbano, ibimenyetso bigaragaza ubushake bwo gukora icyaha bituzuye.

Umucamanza yanavuze ko kuba ubushinjacyaha buvuga ko urutonde Nshimiyimana yatanze muri NEC harimo umuntu utari mu Rwanda ndetse n’uwitabye Imana mu 2016 hakagaragazwamo n’icyangombwa cyo kwitaba Imana, urukiko rusanga nko ku muntu utari uhari, bigaragaza ko atari we wisinyiye.

Gusa ngo urukiko rwari rukeneye kumenya niba ari Nshimiyimana wabasinyiye, kandi byagombaga kugaragazwa n’Ubushinjacyaha. Ntibyakorwa.

Ikindi cyagarutsweho ni sim card nyinshi zafatiwe mu nzu ya Diane Rwigara mu gihe cy’isaka, bikaza kugaragara ko abo zanditseho bari mu bice bitandukanye by’igihugu, imyirondoro yabo ikaba iri mu bamusinyiye.

Urukiko rusanga kuba muri Kicukiro harimo umuntu ufitiwe sim card na Diane kandi akaba yaramusinyiye ndetse aho akaba ari we wishakiye imikono, ngo birashoboka ko yayifashishije mu kumusinyira.

Gusa ngo hari hakenewe ibimenyetso kurusha kubikeka. Ibyo ngo bikaba byanzura ko nta bimenyetso simusiga byerekana ko iki cyaha yagikoze.

Ku birego byose, umucamanza yavuze ko “urukiko rwemeje ko ikirego cy’ubushinjacyaha nta shingiro gifite. Rwemeje ko icyaha cyo guteza imvururu n’amacakubiri kuri Mukangemanyi, Mukangarambe, Tabitha Gwiza na Turayishimiye, kitabahama. Rukaba rwemeje ko ari abere.”

Kuri Diane Rwigara, Urukiko rwemeje ko ibyaha byo guteza imvururu no gukora inyandiko mpimbano, bitamuhama. Rukaba rwemeje ko ari umwere, ndetse rwemeje ko amagarama y’urubanza aguma mu isanduku ya leta.

 

 

 

 

 

 

 

 

Perezida Nkurunziza avuga ko U Rwanda ari rwo mwanzi wa mbere w’u Burundi

Leta y’u Rwanda izishyura Victoire Ingabire miliyoni 65 z’indishyi ibitegetswe n’Urukiko nyafurika

$
0
0

Urukiko nyafurika rw’uburenganzira bwa muntu ni rwo rwafashe icyo cyemezo ndetse rutanga amezi atandatu, atakubahirizwa hagatangira no kwishyuzwa inyungu.

Minisitiri Johnston Busingye yavuze ko izo ndishyi leta yaciwe ntazo izi kuko nta rubanza yigeze iburana.

Na ho Justin Bahunga visi-Perezida wa FDU inkingi avuga ko bidakwiye ko abategetsi b’u Rwanda bijijisha ku bintu bizwi na buri wese.

Oslo: Imyigaragambyo yo gusaba ko Mapping report ikurwa mu kabati

$
0
0

Yanditswe na Marc Matabaro

Kuri uyu wa mbere tariki 10 Ukuboza 2018, i Oslo mu murwa mukuru w’igihugu cya Norway habaye imyigaragambyo y’abanyarwanda ndetse n’abanyekongo basabaga ko icyegeranyo cyakozwe ku bwicanyi bwakorewe muri Congo cyakozwe n’umuryango w’abibumbye ONU (mapping report) cyakurwa mu kabati abagize uruhare muri ubwo bwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi bagakurikiranwa n’ubutabera.

Iyo myigaragambyo yateguwe ku munsi umuganga w’umunyekongo Denis Mukwege yarimo yakira igihembo kitiriwe Nobel cy’uyu mwaka wa 2018 aho i Oslo aho yagaye cyane ibyegeranyo bishyirwa mu tubati hakabaho gukingira ikibaba bamwe mu bagira uruhare rukomeye mu mabi akorwa mu burasirazuba bwa Congo.

Bamwe mu banyarwanda baba mu gihugu cya Norway bari bateraniye imbere y’inzu mberabyombi y’umujyi wa Oslo ahaberaga umuhango wo gushyikiriza igihembo cyitiriwe Nobel cya 2018 Dr Denis Mukwege na Nadia Murad.

 

 

Olivier Nduhungirehe na Rushyashya batumye umubano n’Afurika y’Epfo usubira i rudubi

Rweru:Ingabo z’u Rwanda ziraregwa gushimuta abarobyi 3 b’abarundi

Burya Pressures zirarutanwa!


Gabiro: Kagame yagaragaye yambariye urugamba!

$
0
0

Kuri uyu wa kabiri tariki 11 Ukuboza 2018, Perezida Paul Kagame akaba n’umugaba mukuru w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu, yitabiriye ibirori byo gusoza imyitozo ya gisirikare yaberaga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro.

Perezida Kagame yagaragaye yambaye imyenda ya gisirikare, ibintu yaherukaga ahagana mu myaka ya 2.000.

Iyo myitozo yiswe “Hard Punch III” yari imaze amezi atatu, isanzwe iba buri mwaka kandi Perezida Kagame niwe uyisoza ku mugaragaro buri gihe.

Iyo myitozo yasojwe hagaragazwa uburyo intwaro zitandukanye, inini n’intoya zakoreshwa mu gutanga umusanzu kuri diviziyo y’abasirikari bari guhangana n’umwanzi.

Hakoresheje intwaro zirasa mu buryo bwose, haba izirwanishirizwa mu kirere, izirwanishirizwa ku butaka, aho bishoboka hagakoreshwa n’izirwanishirizwa mu mazi.

Imyitozo yahabwaga ingabo zo muri Diviziyo ya gatatu y’ingabo z’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Uburengerazuba iyoborwa na Maj. Gen. Alex Kagame.

Amaherezo y’urugamba rwa Kagame n’abo kwa Rwigara ni ayahe?

Umuvugizi wa FDLR aravuga ko ari bo bateye i Busasamana

$
0
0

Mu kiganiro Radio Urumuli yagiranye na LAFORGE Fils Bazeye umuvugizi wa FDLR yemeje ko ari ingabo zabo zateye i Rubavu tariki ya 10 Ukuboza 2018.

Uyu muvugizi wa FDLR yabajijwe niba koko:

1.FDLR yaba ikiriho?

2.Abo muri FDLR ni bo koko baherutse kugaba igitero cyo ku itariki 10/12/2018 i Rubavu?

3.Niba ari bo kuki bongeye kwiroha mu ntamabara? Bagamije iki, mu gihe bamwe muri bagenzi babo baherutse gutahuka?

4.Uko imirwano yagenze

5.Ni iki kibaha icyizere ko batazakubitwa inshuro buheriheri nk’uko byagenze mu myaka 20 ishize?

The Rwandan kandi yashoboye kubona amafoto bivugwa n’abo muri FDLR ko ari ay’ibikoresho bya gisirikare ingabo za FDLR zashoboye kwambura RDF mu gitero cyagabwe i Busasamana

Nyuma y’igitero cya Busasamana FDLR yagaragaye ifite ibikoresho n’imyenda yatse RDF!

Perezida Museveni yasubije Perezida Nkurunziza ibaruwa yamwandikiye

Viewing all 3258 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>